Rayon Sports yakoze imyitozo ya nyuma yitegura guhangana na AS Kigali mu mukino w'umunsi wa 14 wa Shampiyona y'u Rwanda kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Gatandatu tariki 09 Ukuboza 2023, Saa 19h00.
Abakinnyi bakoze imyitozo ntabwo barimo;
Aruna Musa MADJALIWA:
Akomeje kwivuza imvune y'agatsinsino yagize, byitezwe ko azagaruka mu kibuga mu mikino yo kwishyura ya Shampiyona.
Prince RUDASINGWA:
Avuye ku mugabane w'i Burayi mu igeragezwa. Ategereje umwanzuro uzafatwa na Riga Football Club yo muri Latvia yakoze mo igeragezwa. Anafite imvune yo mu kagombambari.
Isaac MITIMA:
Afite imvune yo mu ivi. Arimo kwitabwaho n'abaganga.