FIFA yafashe ingamba zishobora guhangamura ruswa ihwihwiswa muri ruhago y'u (...) - Umuryango.rw #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ni kenshi mu bakurikiranira hafi umupira w'amaguru muri iki gihugu humvikana amakuru y'uko hari penaliti zitangwa bitari bikwiye, ibitego byemezwa habayemo kurarira, ibidatangwa kandi nta kurarira kwabayemo, kugurisha imikino, kwitwara nabi kw'abannyi, abatoza n'abayobozi b'amakipe n'ibindi bitari ibya kinyamwuga.

Komite zishinzwe imyitwarire haba mu ishyirahamwe ry'u Rwanda rishinzwe uyu mukino, FERWAFA, n'iyihariye ishinzwe abasifuzi, zifatira ibihano bamwe, ariko ntibituma inkuru z'ibi bikorwa zidakomeza kuvugwa kenshi.

Nk'igisubizo kuri ibi byose, FIFA yasabye FERWAFA ko imikino izajya iyoborwa n'abasifuzi barimo byibuze babiri b'umwuga kandi b'Abanyarwanda, ku kibuga hakazajya haba hari utudege (drones) dufata amashusho y'ibiri kuba byose, akazajya yoherezwa ku cyicaro cy'iri shyirahamwe mu Busuwisi kugira ngo riyakorere ubusesenguzi.

Iri shyirahamwe mpuzamahanga rizajya rigaragaza ibyavuye mu busesenguzi bwaryo, bitandukanye n'uko bisanzwe bigenda kuko FERWAFA ni yo ibisesengura, ikanafata umwanzuro.

FIFA yafashe izi ngamba nyuma y'aho itangiye kujya yerekana mu buryo bw'ako kanya (Live) imikino ya shampiyona y'icyiciro cya mbere mu Rwanda, ibinyujije ku muyoboro wayo wa FIFA



Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/fifa-yafashe-ingamba-zishobora-guhangamura-ruswa-ihwihwiswa-muri-ruhago-y-u

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)