'Amabuye y'inzara' mu Burayi #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Imvura nkeya n'ubushyuhe bukomeje gutinda biri gutera amapfa yibasiye ibihugu byinshi Iburayi. Birimo kandi kugabanya ingano y'amazi mu migezi imwe n'imwe maze bigahishura imiburo y'abantu babayeho cyera ku bihe by'akanda.

Amabuye yiswe 'amabuye y'inzara' ni ibitare biri ku nkombe z'imigezi, aboneka gusa iyo amazi yagabanutse ku buryo bukomeye.

Kuri yo handitsweho ubutumwa bwasizwe n'abantu bo mu bihe bya cyera bavuga ku biza biterwa n'ibura ry'imvura, bikibutsa ibihe bibi baciyemo mu bihe by'amapfa.

Ubwo butumwa bumaze imyaka amagana, nk'uko byerekanwa n'umuntu ukoresha Twitter @Batallitass mu butumwa bw'uruhererekane yanditse tariki 8 Kanama(8) bwakwiriye henshi.

Image

Ubukuru cyane muri ziriya nyandiko zo kumabuye ni ubwabonywe ku nkombe z'uruzi Elbe bwo mu 1616 bwanditse mu Kidage.

Bugira buti: 'Numbona, urire'.

Ingengabihe y'amapfa

Iri ni 'ibuye ry'inzara' ryamamaye by'umwihariko kuko rifite amatariki y'amapfa akabije aryanditseho.

(Iyi tweet iri hepfo irerekana ifoto y'inyandiko mu Kidage. Isobanuye ngo: 'Numbona, urire.'

Kubw'inyigo yakozwe mu 2013 n'itsinda ry'abahanga mu byataburuwe mu matongo (archaeologists) bo muri Repubulika ya Czech, imyaka ya 1417, 1616, 1707, 1746, 1790, 1800, 1811, 1830, 1842, 1868, 1892 na 1893 ishobora gusomwa kuri iri buye.

Kuri iri buye handitseho kandi ngo 'Ubuzima buzongera kuba bwiza ubwo iri buye rizabura'.

Irindi ryanditseho ngo: 'Uwambonye, yararize. Umbonye aka kanya nawe ararira.'

'Nubona iri buye nanone. Urarira. Uku niko amazi yari yagabanutse mu mwaka wa 1417', irindi niko ryanditseho,

Amabuye atangaza ubukene

Hambere cyera, iyo imigezi yakamaga kuri urwo rugero, byabaga bisobanuye ubukene, n'ingorane ku bantu benshi.

Amapfa yateraga kurumba kw'ibihingwa ariko akanica inzira z'amazi zifashishwaga mu gutwara ibintu. Nyuma hakurikiragaho inzara ikomeye.

Cyera, hagati mu Uburayi, hagizwe n'ibice bya Autriche, Repubulika ya Czech, Ubudage, Hongriya, Pologne, n'Ubusuwisi, byatungwaga n'ubutaka bwera iruhande rw'inzuzi.

Umunyamakuru w'Umudage, Olaf Koens, nawe yanditse kuri Twitter asobanura ko hari n'ijambo mu Kidage risobanura ayo mabuye â€" 'hungersteine' (bisobanuye 'amabuye y'inzara').

Iyo nyito iva ku nyandiko yabonywe kuri rimwe muri aya mabuye, isobanura umwaka wa 1947 nka 'umwaka w'inzara'.

Hepfo hari ubutumwa kuri Twitter bw'umunyamakuru Olaf Koens yerekana 'ibuye ry'inzara' rivuga ko umwaka wa 1947 ari 'umwaka w'inzara'.

Mu myaka ya vuba, amapfa akabije yateye yabaye kimwe mu bimenyetso simusiga by'ingaruka z'ihindagurika ry'ikirere mu Uburayi bwo hagati.

Ibyibutsa ibyahise

Kamwe mu duce turimo ayo mabuye menshi ni Decin, mu majyaruguru ya Czech, hafi y'umupaka n'Ubudage aho uruzi Elbe na Ploucnice bihurira.

Amabuye arenga 12 aboneka mu ngobyi y'uruzi Elbe, yibutsa abaturage baho ibihe bibi byabaye hambere.

Irindi buye ry'inzara ryashyizwe mu nzu ndangamurange yo mu mujyi wa Schonebeck mu Budage. Ryakuwe ku nkombe z'umugezi wakamye.

Kuboneka kw'iri buye byabwiraga amato ko amazi ari macye cyane ku buryo butabasha kuyogoga bukagenda.

Menshi mu 'mabuye y'inzara' aboneka mu ruzi Elbe, nubwo kandi aboneka mu yindi migezi muri ako karere, nka Rhine, Mosel na Weser.

Amapfa akabije

Amapfa ubu ari kugira ingaruka ku butaka burenga 60% bw'Uburayi, nk'uko bivugwa n'ikigo European Drought Observatory (EDO). Inzuzi nini mu Budage, Ubwongereza n'Ubutaliyani amazi yazo yaragabanutse.

Gusa amazi macye mu mujyi wa Mantua mu Butaliyani ntabwo yigeze yerekana 'amabuye y'inzara'. Ahubwo, icyavanywe mu ngobyi y'uruzi Po ni igisasu cyari kitaraturika gipima 450kg cyo mu ntambara ya kabiri y'isi.

Mu byumweru bishize, ibihugu nk'Ubufaransa na Espagne byashyizeho amabwiriza mu kugabanya ikoreshwa ry'amazi.

Mu bice bimwe by'ibi bihugu byombi, abategetsi bagabanyije ingano y'amazi baha rubanda mu bihe bimwe na bimwe.

Ikarata

Tariki 07 Kanama(8) abategetsi mu Bufaransa batangaje ko igihugu cyugarijwe n'amapfa akabije Ubufaransa butari bwabone kuva mu 1958.

Mu Budage, amazi macye mu ruzi Rhine, ruva mu misozi ya Alpes mu Busuwisi rujya mu nyanja ya ruguru ari gutuma kompanyi z'ubwikorezi zitwara imizigo micyeya, nk'uko ibiro ntaramakuru Reuters bibivuga.

 

The post 'Amabuye y'inzara' mu Burayi appeared first on IRIBA NEWS.



Source : https://iribanews.rw/2022/08/17/amabuye-yinzara-mu-burayi/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)