Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda [FERWAFA], ryatumije abanyamuryango bayo mu Nteko Rusange isanzwe iziga ku ngingo 17.
Iyi nteko rusange iteganyijwe tariki ya 23 Nyakanya 2022 ikazabera i Kigali muri Saint Famille Hotel.
Mu butumire bwohererejwe abanyamuryango, bamenyeshejwe ko izaba yiga ku ngingo zigera kuri 17.
Harimo inyandikomvugo y'inama y'Inteko Rusange Isanzwe iheruka yabereye i Kigali kuri Sainte Famille Hotel ku wa 18/12/2021, Raporo y'imicungire y'imari ya FERWAFA, Raporo y'ibikorwa bya FERWAFA kuva Ugushyingo 2021-Mata 2022 n'izindi.
Muri iyi nteko rusange kandi byitezwe ko ari ho hashobora kuzemerezwa igihe shampiyona ya 2022-23 izatangirira.
Source : http://isimbi.rw/siporo/ingingo-17-ferwafa-yatumirijeho-abanyamuryango-ba-yo