Biratangaje! Matiyasi FC yo muri Afurika yEp... - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Aya makipe abiri yo muri Afurika y'Epfo yakinaga mu cyiciro cyo hasi muri iki gihugu, gusa ibyabaye ni agahomamunwa ubwo Matiyasi FC yatsindaga Nsami Mighty Birds ibitego 59-1, harimo 41 byitsinzwe na Nsami.

Amakuru dukesha ikinyamakuru Soccer24 avuga ko ibi byakozwe byari byateguwe kuko Matiyasi FC yahataniraga kuzamuka mu cyiciro cya ABC Motsepe League.

Mu cyiciro aya makipe yakinagamo, Matiyasi FC yari ku mwanya wa gatatu irushwa amanota atatu n'ikipe ya mbere, gusa hakaba harimo ikinyuranyo cy'ibitego 18.

Matiyasi na Nsami bateguye uyu mukino bemeranya ko bakora ibishoboka byose ukabonekamo ibitego byinshi, unarangira Matiyasi FC itsinze ibitego 59-1, ariko icyabaye agahomamunwa ni uko ibitego 41 byose Nsami Mighty Birds yabyitsinze.

Icyagaragaye kindi muri uyu mukino ni uko umukinnyi wahawe ikarita itukura mu gice cya mbere, yatsinze igitego mu gice cya kabiri.

Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru muri Afurika y'Epfo ryahise rihana aya makipe, ahanishwa guhagarikwa burundu kongera gukina muri Afurika y'Epfo, nyuma yo gushinjwa ibyaha birimo ruswa no kugambanira indi kipe bari bahanganye.

Si amakipe yonyine yahanwe kuko abasifuzi na komiseri w'umukino nabo bahanishijwe kumara imyaka 5 nta gikorwa kijyanye n'umupira w'amaguru bagaragaramo.

Matiyasi FC yatsinze ibitego 59 harimo 41 byitsinzwe na Nsami Mighty Birds



Source : https://inyarwanda.com/inkuru/117820/biratangaje-matiyasi-fc-yo-muri-afurika-yepfo-yahagaritswe-burundu-mu-mupira-wamaguru-nyum-117820.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)