Umugabo wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Huye, akurikiranyweho icyaha cyo kwica umugore we utwite amukubise ifuni mu mutwe.
Â
Uwo mugabo w'imyaka 40 akekwaho kwica umugore we witwa Dusabimana Charlotte w'imyaka 35 y'amavuko. Babanaga mu rugo mu Mudugudu wa Karambi mu Kagari ka Gishihe.
Â
Amakuru atangwa n'inzego z'ibanze avuga ko yamwishe ahagana saa Sita z'Ijoro amukubise ifuni.
Â
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Kigoma, Dukundimana Cassien, yabwiye ikinyamakuru IGIHE, ari na cyo dukesha iyi nkuru, ko uwo mugabo yari asanzwe azwi nk'umuntu udashaka gukorera urugo rwe.
Â
Ati 'Bigaragara ko umugabo we yari umuntu udashaka gukora wigize inzererezi, yamwishe bapfuye imicungire y'umutungo wabo kuko yumvaga amafaranga babonye yayanywera, atagirira akamaro urugo.'
Â
Dusabimana n'umugabo we bari bamaze kubyarana abana batatu ndetse yari anatwite.
Â
Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko bapfuye amafaranga ibihumbi 10 Frw umugore yari abitse agenewe kugura ibati, nyuma umugabo ayamubajije asanga umugore yayakoresheje ibindi.
Â
Uwo mugabo ukekwaho kwica umugore, afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Simbi naho umurambo wa nyakwigendera wajyanywe ku Bitaro gusuzumwa.
Â
Dukundimana yasabye abaturage kubana neza mu ngo zabo birinda amakimbirane n'ibyaha, abagira inama yo kujya bakemura ibibazo byabo mu mahoro, byananirana bakiyambaza ubuyobozi bukabagira inama.
Source : https://yegob.rw/huye-umugabo-yishe-umugore-utwite-amukubise-ifuni/