Urwo rugendo rwamaze amasaha ane ndetse ku murongo w'ibyaganiriweho hariho ingingo nyinshi kandi zose zaganiriwe nk'uko byatangajwe n'Ibiro by'Umukuru w'Igihugu cya Kenya.
Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Perezida Kagame yavuze ko mu gitondo cyo ku wa 3 Gashyantare 2022 yagiriye uruzinduko rw'akazi rw'ingirakamaro muri Kenya.
Umukuru w'Igihugu yavuze ko yahuye na mugenzi we wa Kenya, Uhuru Kenyatta, i Nairobi nyuma agahita agaruka mu rugo.
Ati 'Ubu nagarutse mu rugo! Nkunze ubu buryo, isaha imwe kugera i Nairobi, isaha imwe yo kugaruka i Kigali.'
Yakomeje agira ati 'Isaha imwe y'ibiganiro, isaha imwe yo kuva ku Kibuga cy'Indege ngera mu Biro by'Umukuru w'Igihugu [muri Kenya] nkaba ngarutse ku Kibuga cy'Indege. Byinshi byagezweho.'
Ubutumwa bwa Perezida Kagame bwazamuye imbamutima z'abamukurikira bagaragaje ko bibahaye isomo ry'uburyo bwo gukoresha neza igihe.
Perezida Kagame na mugenzi we, Uhuru Kenyatta baganiriye ku ngingo zirimo ubucuruzi, ubutwererane, umubano w'ibihugu byombi, ibirebana n'Akarere n'Umugabane wa Afurika muri rusange.
I had a brief but very productive working visit with President Uhuru Kenyatta in Nairobi today morning. Now back home! I like it this way- 1hr to N'bi 1hr back to Kgl. 1hr+ discussion 1hr from airport to S/H and back to a/port. A lot was covered !!! :)
â" Paul Kagame (@PaulKagame) February 3, 2022
