Abafana b'andi makipe baremeza ko ikipe ya Apr Fc bayibiye (Videwo) – YEGOB #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Abafana b'andi makipe batangaje ko peneliti yahawe ikipe ya Apr Fc iri gukina na Gorilla Fc ko atari peneliti.

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 19 Mutarama 2022, habaye imikino y'umunsi wa 13 muri shampiyona y'u Rwanda muri iyo mikino habayemo n'umukino wahuje ikipe ya Apr Fc na Gorilla Fc.

Uyu mukino waje kurangira Apr Fc itsinze ikipe ya Gorilla Fc igitego kimwe ku busa cyabonetse kuri penariti itavuzweho rumwe n'abafana.

Iyo ukurikiranye amashusho y'uko byagenze kugira ngo Apr Fc ihabwe penaliti, Jacques Tuyisenge yari afite umupira myugariro wa Gorilla yaserebetse amukozaho ikirenge ahita agwa hasi.

Ku mbuga nkoranyambaga hakomeje gukwirakwira ayo mashusho ari nako bakomeza kugenda bibaza niba iyo penaliti yarigutangwa.

Abafana birengagije amarangamutima yabo bemeza ko iyo penaliti itari gutangwa, gusa hari n'abandi bemeje ko yari penariti.

Reba videwo yose y'uko byagenze

Ese wowe urabona iyo yari penariti?

 



Source : https://yegob.rw/abafana-bandi-makipe-baremeza-ko-ikipe-ya-apr-fc-bayibiye/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)