Abarimu 16 bagiye kwishyurirwa kaminuza mu bukangurambaga bwa AIMS - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Yakusanyijwe ku mugoroba wo kuri uyu wa 4 Ukuboza 2021 mu musangiro wabereye muri Ubumwe Grande Hotel, i Kigali.

Arimo miliyoni 10 Frw yatanzwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB), miliyoni 7 Frw yatanzwe na Airtel Rwanda ndetse na miliyoni 2 Frw yatanzwe na KCB Rwanda.

Abarimu bemerewe kwiga muri Kaminuza za Kibogora na UTAB, aho buri yose izakira batatu bazishyurirwa byose na batanu bazishyurirwa igice.

Hari amakuru ko na Mount Kenya University igitekereza ku kuntu yatanga umusanzu wayo.

Ni nyuma y’ubukangurambaga bugamije gushimira abarimu batsindishije abanyeshuri benshi mu bizamini bya science n’imibare, AIMS yatangije ku wa 18 Ugushyingo 2021, ku bufatanye na Airtel Rwanda, Chancen International, na KCB Rwanda.

Bwamaze ibyumweru bitatu bufite insanganyamatsiko igira iti “Abarimu, intwari zacu za buri munsi”.

Intego ni uko haboneka miliyoni 100 Frw azatangizwa mu Kigega cyo gushyigikira gahunda yo guhemba abarimu no kubafasha kwiga icyiciro cya mbere kaminuza izajya iba buri mwaka.

Ubwo ubu bukangurambaga brazaba busozwa ku wa 5 Ukuboza 2021, hazahembwa abarimu n’abayobozi b’ibigo by’amashuri basaga 150. Barimo 120 bigisha ku bigo bikorana na AIMS mu turere 14, na 30 batoranyijwe mu turere twose tw’igihugu.

Mu gutoranya aba barimo nta mwihariko urebweho ahubwo bikorwa mu buryo bw’amahirwe. Buri karere kavuyemo umwe.

AIMS ikorera muri Kamonyi, Gisagara, Nyaruguru, Ngororero, Rusizi, Nyamasheke, Nyabihu, Rubavu, Musanze, Nyanza, Karongi, Kayonza, Rwamagana na Gicumbi.

Igihembo gito kiratangwa ni 300.000 Frw, mu gihe igikuru ari ukwishyurira nibura abarimu 20 bakiga icyiciro cya kabiri cya kaminuza.

Ni ku nshuro ya kabiri ubu bukangurambaga buba. Umwaka ushize abarimu bane ni bo bishyuriwe kaminuza.

Ubwo hatangizwaga ubw’uyu mwaka,Umuyobozi wa AIMS, Hakizimana Lydie, yavuze ko bugamije kongera kwibutsa Abaturarwanda akamaro k’abarimu no kuzirikana ko ari inkingi mwikorezi mu iterambere ry’igihugu.

Ifoto y'urwibutso yafashwe nyuma yo gukusanya inkunga
KCB Rwanda yatanze inkunga ya miliyoni 2 Frw
RSSB yatanze miliyoni 10 Frw
Umusangiro wabereye muri Ubumwe Grande Hotel



source : https://ift.tt/3GjVSnb
Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)