Perezida Kagame yabwiye abayobozi ko kwiyoroshya ntacyo bikwambura ahubwo bikongerera imbaraga_inkuru irambuye #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umukuru w' igihugu cy' u Rwanda Perezida Paul Kagame yabwiye abayobozi bari bitabiriye ibirori byo kwizihiza yubile y' imyaka 25 umuryango Unity Club umaze ushinzwe yababwiye ko kwiyoroshya ntacyo bikwambura ahubwo bikongerera imbaraga zo kubaka igihugu.

Ibi umukuru w' igihugu yabigarutseho mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 16 Ukwakira 2021, mu birori byo kwizihiza yubile y'imyaka 25 Unity Club imaze ibayeho.

Perezida Paul Kagame yashimiye umuryango Unity Club umaze ushinzwe byaranzwe no kwishimira umusanzu w'uyu muryango mu kubaka ubumwe bw'abanyarwanda n'iterambere ry'igihugu muri rusange.

By'umwihariko Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashyimye umuhate abagore bari muri Unity Club bagira wo kwitangira u Rwanda ndetse n'imiryango yabo ashimangira ko kubagira ari amahirwe akomeye.

Muri ibi birori hashimiwe abarinzi b'igihango barindwi baranzwe n'ibikorwa by'ubutwari byo kwitangira abanyarwanda n'u Rwanda mu buryo bunyuranye kandi bakabikora batavanguye bahabwa icyiswe Ishimwe ry'ubumwe.

Umwe muri bo ni Ilibazgiza Immaculée warokotse jenoside yakorewe abatutsi akaba yararushijeho kumenyekana ku bw'igitabo yanditse cyitwa 'Left to tell' kigaruka ku kaga yanyuzemo muri jenoside yakorewe abatutsi n'uburyo yakize ibikomere.

Perezida Paul Kagame nawe yashimye ubutwari bwaranze abarinzi b'igihango agaragaza ko kubaho ari kabiri, kubaho ku bwawe ndetse no kuberaho abandi.

Muri ibi birori kandi Umukuru w'igihugu yongeye gusaba abayobozi kwirinda kwishyira hejuru ahubwo bagaca bugufi kuko ari byo bizatuma igihugu kigera ku bumwe, iterambere n'umutekano mu b uryo burambye.

Ku nsanganyamatsiko igira iti:'Ndi umunyarwanda, igitekerezo-ngenga cyo kubaho kwacu', ibirori byo kwizihiza yubile y'imyaka 25 umuryango Unity Club umaze ushinzwe byahuriranye n'ihuriro rya 14 ry'uyu muryango ryafatiwemo ibyemezo-ngiro bitandukanye byose byashingiye ku kongera imbaraga mu nzego z'ubuyobozi bw'uyu muryango, imiyoborere myiza no kuba umuyobozi w'intwararumuri ndetse no kuba abayobozi bazirikana kujya inama no gufatanya.

Src: RBA



Source : https://impanuro.rw/2021/10/17/perezida-kagame-yabwiye-abayobozi-ko-kwiyoroshya-ntacyo-bikwambura-ahubwo-bikongerera-imbaraga_inkuru-irambuye/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)