Nkombo: Abangavu bahitamo guta ishuri bakajya gushaka amafaranga yo guhonga abasore - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Nibura ibihumbi 250 Frw, ni yo umukobwa aha umusore ashaka ko amurongora. Atangira gushakwa mu myaka y’ubwangavu kugira ngo igihe cyo kurushinga kizagere yaramaze kuboneka.

Mu muco wo ku Kirwa cya Nkombo, umukobwa ugejeje ku myaka 25 usanga abaturage bamukwena bavuga ko yagumiwe, bigatuma atangira gushaka amafaranga kare ngo atazagera iyo myaka atarayabona.

Bamwe mu bakobwa baganiriye na Radio 1, bavuze ko bajya gushaka amafaranga yo kuzafasha abasore kubaka inzu kuko iyo utayatanze utabona umugabo.

Umwe ati “Umwe murahura mugakundana mugateretana igihe cyagera akakubwira ngo ngiye kubaka ndashaka ko umfasha, akakubwira ngo uzazana amabati icumi. Namureba nkabona ndamukunze nkamuha ayo mabati. Tukandikirana nkayamuha tukajya kubaka tukuzuza inzu, tugashyingirwa. Umukobwa udafite amafaranga ni we ujya kwishyingira.”

Aba bakobwa bavuga ko bamwe bava mu ishuri kuko nta nyungu baba babona hafi, bakajya mu bucuruzi bwo bubaha amafaranga vuba.

Umwe ati “Ujya gucuruza ugafata nk’umunyu ukajyana ahandi za Bugarama, ugacuruza ibisheke, inyanya, avoka n’ibindi, bivamo bitewe n’uko wayabitse ariko iyo ugiye ukayaha inda yawe ntacyo ubona, kuko uwo musore iyo abonye undi uyafite araguta akamusanga.”

Ku ruhande rw’abasore bahabwa amafaranga, bo bavuga ko babiterwa n’ubukene butuma batabasha kubona ibyo bakeneye byose, bikaba ngombwa ko bagobokwa n’abakobwa.

Umwe yagize ati “Biterwa n’ubushobozi buke abasore benshi bajya mu mazi gushakisha, aha nta ndonke nyinshi zibamo ku buryo ashobora kuvuga ngo agiye gukuramo inzu n’amafaranga azasabisha n’ayo gukoresha ubukwe.

Ababyeyi bo ku Kirwa cya Nkombo bavuze ko impamvu abana bata amashuri bakajya gushaka ari uko ubona ari cyo gishyizwe imbere muri aka gace, ku buryo umwana utarashaka ku myaka 25 usanga bamugize igitaramo.

Abangavu bo ku Nkombo bava mu ishuri bakajya gushaka amafaranga yo guhonga abasore ngo bazabarongore



source : https://ift.tt/3oY2T7O
Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)