Neymar yatangaje ko azasoza gukina nyuma y'igikombe cy'isi – YEGOB #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Neymar Junior ubu ufite imyaka 29 y'amavuko, bikaba ubusanzwe bitamenyerewe ko umukinnyi yasezera kuri iyi myaka.

Icyakora Neymar na we avuga ko ku myaka 30 atazaba ari umukinnyi ukuze ku buryo yasezera ku mupira w'amaguru, ahubwo ngo azabikora mu rwego rwo kwita ku buzima bwe cyane cyane bwo mu mutwe.

Neymar junior yatangarije Umunyamakuru wa Dazn ko adatekereza ko nyuma ya 2022 azaba agifite imbaraga zo mu mutwe ku buryo yakomeza gutekereza ku mupira w'amaguru.

Neymar yijeje abanya brasil ko mu gikombe cy'isi azatanga ingufu ze zose kugirango brazil yitware neza nkuko yakomeje abirota kuva mu bwana bwe.

ku myaka ye 29 yakomeje guhura ni mvune nyinshi mu kibuga aribyo bigiye kumutera kureka umupira ku myaka ye 30 akita ku buzima bwe.



Source : https://yegob.rw/neymar-yatangaje-ko-azasoza-gukina-nyuma-yigikombe-cyisi/

Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)