Safari wanize DASSO yagejejwe mu rukiko avuga ko ibyabaye yirwanagaho #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Safari George umaze iminsi yaramamaye kubera ariya mashusho amugaragaza yanigiye hasi umukozi wa DASSO hafi kumuheza umwuka, nubwo hari amakuru yigeze kuvugwa ko yarekuwe ariko si ko bimeze ahubwo acumbikiwe kuri station y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha ya Nyagatare.

Ubushinjacyaha bwamaze gushyikirizwa dosiye ikubiyemo ikirego cye aho aregwa ibyaha bibiri ari byo ; gukubita ndetse no kubangamira inzego za Leta.

Uyu munsi bwamugejeje imbere y'Inteko y'Urukiko rw'Ibanze rwa Nyagatare busobanura ikirego cyabwo aho bwagaragaje impamvu zikomeye zituma bwifuza ko uriya mworozi yafungwa by'agateganyo iminsi 30.

Ubushinjacyaha bwavuze ko hari amashusho agaragaza Safari yanize uriya mukozi w'urwego rwa Leta ndetse ari gutabaza ku buryo yari agiye kumuheza umwuka ariko bamwe mu bayobozi bari kumwe n'uri mukozi w'urwego rw'umutekano akaba ari bo bahagoboka bakamutabara.

Ubushinjacyaha bwavuze ko Safari yakubise umutego uriya mukozi wa DASSO ubundi akamujya hejuru akamunigira hasi.

Safari yabajijwe icyo avuga ko byatangajwe n'Ubushinjacyaha, avuga ko ibyagaragaye mu mashusho ari ukwirwanaho kuko ngo yari agiye gukubitwa n'uriya mu DASSO ubundi bakarwana bakagundagurana akirwanaho.

Uyu mugabo w'imyaka 50 y'amavuko, yavuze ko uriya mukozi wa DASSO ari we wabanje kumukubita hasi akaza kumwigaranzura ari na yo mpamvu ngo mu mashusho ari we ugaragara ari hejuru.

Ubushinjacyaha bwavuze ko kubera uburemere bwa biriya byaha uregwa akekwaho ndetse n'ibyagezweho mu iperereza, bwifuza ko Safari akurikiranwa afunze by'agateganyo iminsi 30.

UKWEZI.RW



Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Safari-wanize-DASSO-yagejejwe-mu-rukiko-avuga-ko-ibyabaye-yirwanagaho

Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)