Uwo murambo watoraguwe mu Mudugudu wa Gisiza mu Kagari ka Kigarama ku Cyumweru tariki ya 5 Nzeri 2021.
Uyu mugore yavuye mu rugo ku wa Gatandatu, ahagana saa Kumi z’umugoroba asiga avuze ko agiye mu gasantere ka Ruhuha kugira icyo agura ariko ntiyagaruka.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mwendo, Muhire Floribert, yavuze ko baketse ko yishwe kuko yari afite ibikomere, bityo hatangiye iperereza kandi hari abakekwa bafashwe.
Ati “Haracyakorwa iperereza kugira ngo hamenyekane ukuri, kuko yari afite ibikomere. Hamaze gufatwa abantu bane bari kumwe na we mbere y’uko apfa. RIB ni yo izagaragaza ibizava mu iperereza.”
Yakomeje avuga ko umurambo we bawusanze mu ishyamba riri hafi y’inzira ku buryo bigaragara ko ari abantu bamujyanyemo bakamwica.
Umukundwa asanzwe afite umugabo babyaranye abana babiri, ubuyobozi buvuga ko nta makimbirane azwi bari bafitanye.
source : https://ift.tt/3jOixPQ