Ibigo 85 bigiye kwitaba PAC - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ni ibikorwa bizatangira ku itariki ya 7 Nzeli 2021, aho aba bayobozi bazajya batanga ibisobanuro ku mikoreshereze y’umutungo, bagasobanura by’umwihariko ku makosa yagaragaye muri Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta mu 2019/2020.

Muri rusange ibigo 85 bizabazwa biri mu cyiciro cy’ibyagaragaweho gucunga no gukoresha nabi umutungo wa leta, mu bijyanye no kuzuza ibitabo by’ibaruramari ndetse n’ibyagaragaweho kutubahiriza amategeko n’amabwiriza agena imikoreshereze y’imari n’umutungo wa leta.

Hazabazwa kandi inzego, ibigo n’imishinga byashyize mu bikorwa inama byagiriwe n’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta ku kigereranyo kiri munsi ya 60%, ndetse n’ibyakorewe igenzura ryimbitse cyangwa igenzura ku bijyanye n’ikoranabuhanga.

Itangazo rigenewe Abanyamakuru ryashyizwe hanze n’Inteko Ishinga Amategeko rivuga ko mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19, kubariza mu ruhame inzego zagaragaweho amakosa y’imicungire y’imari n’Umutungo bya Leta, bizakorwa hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga (video conferencing).

Buri mwaka, PAC ishyikirizwa raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta kugira ngo iyisesengure, inabarize mu ruhame abagaragayeho amakosa.

PAC itegura imyanzuro ishyikirizwa Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite, yamara kuyimeza igashyikirizwa inzego bireba kugira ngo amakosa yagaragaye akosorwe.

PAC igiye gutumiza ibigo bya Leta 85 kugira ngo bisobanure uko umutungo wa leta ukoreshwa



source : https://ift.tt/2YzbLWc
Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)