Kayonza: Umugabo wishe umugore amukasemo kabiri yakatiwe burundu - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Mu ijoro ryo ku itariki ya 26/06/2021 rishyira ku wa 27/6/2021 mu mudugudu wa Nyarunazi, Akagari ka Musumba, Umurenge wa Nyamirama, Akarere ka Kayonza ho mu Ntara y’Iburasirazuba, nibwo umugabo w’imyaka 36 y’amavuko, yiciye mu nzu ye umugore w’imyaka 36 y’amavuko utuye hafi ye wari waje aho mu rugo.

Bukeye tariki ya 27/06/2021, uyu mugore yakomeje kubura bigeze mu ma saa sita bibaza aho yaba yagiye kuko atakundaga kubura mu rugo rwe igihe kirekire; nibwo abantu batanze amakuru ko baraye bamwumvise mu rugo rw’uyu mugabo.

Abayobozi bagiye muri urwo rugo rw’uyu mugabo uregwa bahasanga amaraso n’ibitonyanga byayo bikomeza ku irembo, bakurikira ayo maraso yerekeza ku gisimu gifite uburebure bwa metero 7 z’ubujyakuzimu, icyo gisimu kiri mu kirometero kimwe na metero 200 uvuye mu rugo rw’uregwa.
Uregwa avuga ko uyu mugore yaje iwe nijoro agashaka kumwiba amafaranga ye ariko aramusaka arayamwaka, akavuga ko yamufashe ukuboko noneho akamwishika akagwa hasi muri salon; nyuma nibwo yagarutse kumureba asanga atagihumeka.

Yireguye abuga ko amaze kubona yamaze gupfa, ngo nibwo yanze kubibwira abantu ngo batavuga ko ari we wamwishe, ahubwo ahitamo kumukatamo ibice bibiri akoresheje icyuma, arangije atwara ibyo bice by’’umubiri wa nyakwigendera abita mu gisimu ari naho babisanze.

Urukiko rwashingiye ku bimenyetso, rumuhanisha igihano cy’’igifungo cya burundu hashingiwe ku ngingo ya 107 y’ y’Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, uko ryahinduwe kandi ryujujwe kugeza ubu, riteganya ko “umuntu wica undi abishaka, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’Urukiko, ahanishwa igihano cy’igifungo cya burundu.”




source : https://ift.tt/3zME5SJ

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)