Umuhanzi ukomeye muri Uganda, yanenze Bobi Wine avuga ko ubwo yari arembeye mu bitaro atigeze amusura, ni mu gihe yashimye Bebe Cool kuko ngo we yamubaye hafi na mbere y'uko arwara.
Mu mpera za Kanama 2021 nibwo umuhanzi Jose Chameleone yatwawe mu bitaro aho yamaze iminsi kubera uburwayi aho byavuzwe ko yari arwaye umwijima ndetse n'urwagashya byose byaturutse mu kunywa inzoga.
Aganira na NBS TV, Chameleone yanenze Bobi Wine kuba ataramusuye ariko ashimira Bebe Cool kuko we ngo yamubaye hafi.
Ati 'mu minsi ishize nararwaye, Bobi Wine ntabwo yigeze ansura. Bebe Cool ni we wakomeje kuza kundeba uko meze. Ibirenze ibyo yanyohererehe umutsima(cake) anyifuriza isabukuru nziza.'
Atangaje ibi mu gihe no mu minsi ishize yavuze ko impamvu yavuye mu ishyaka rya National Unity Platform (NUP) rya Bobi Wine ari uko nta rukundo yeretswe ahitamo kujya muri NRM ya Museveni yamweretse ko imukeneye, ni mu gihe yahamyaga ko no kubonana na Bobi Wine byari ibibazo.