Babiri bahoze muri Guverinoma y'u Rwanda bamaganye iby'ikipe yirukanye umutoza imuziza Ubutinganyi #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ni icyemezo cyasakaye ku mbuga nkoranyambaga mu mpera z'icyumweru twaraye dusoje, aho ubuyobozi bw'iriya kipe ya United Stars yo mu cyiciro cya kabiri yanditse ibaruwa ihagaruka Mushimiyimana Eric wari umutoza wayo.

Muri iyi baruwa, ubuyobozi bw'iriya kipe yo mu Kabagari mu karere ka Ruhango, bwagize buti 'nyuma yo kungurana ibitekerezo ku kibazo ucyekwaho cy'ubutinganyi kidahesha icyubahiro ikipe nawe ubwawe kandi bikaba bikomeje guteza umwuka utari mwiza mu bakinnyi, twagiraga ngo tukumenyeshe ko ubaye uhagaritswe by'agateganyo."

Ambasaderi Olivier Nduhungirehe uhagarariye u Rwanda mu Buholandi, yanenze kiriya cyemezo cyafashwe n'ubuyobozi bw'iriya kipe aho yanyujije ubutumwa kuri Twitter avuga ko kidafite aho gishingiye.

Yagize ati 'Ubwo icyaha ashinjwa ni ikihe ? Giteganywa n'iyihe ngingo y'amategeko ahana ? Uwahagaritse uyu mutoza ahubwo niwe wari ukwiye guhanwa, kuko atubahirije ingingo ya 16 y'Itegeko Nshinga rya Repubulika y'u Rwanda.'

Ambasaderi Dr Diane Gashumba uhagaraririye u Rwanda muri Sweden na we yanenze kiriya cyemezo avuga ko 'Uwamuhagaritse [umutoza] yavanguye ! Abakinnyi impungenge bagize ntiyanasobanuye izo ari zo !'

Uretse aba bahoze muri Guverinoma y'u Rwanda, hari n'abandi baharanira uburenganzira bwa muntu banenze kiriya cyemezo bavuga ko ubusanzwe amahitamo y'umuntu ku byerekeye imikoreshereze y'umubiri we nta na rimwe agomba kumubuza uburenganzira runaka.

UKWEZI.RW



Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/Babiri-bahoze-muri-Guverinoma-y-u-Rwanda-bamaganye-iby-ikipe-yirukanye-umutoza-imuziza-Ubutinganyi

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)