Nyuma y'igenda rya Manzi Thierry, ikipe ya APR FC yatangaje Jacques Tuyisenge nk'umuyobozi mushya w'abakinnyi (captain) mu mwaka w'imikino wa 2021-22.
Manzi Thierry ni we wari kapiteni wa APR FC mu myaka ibiri itambutse, nyuma yo kujya gukina muri Georgia mu ikipe ya FC Dila Gori, hari hataratangazwa umuyobozi w'abakinnyi mushya.
Nyuma y'imyitozo ya nyuma iyi kipe yakoze mbere yo guhaguruka berekeza muri Djibouti gukina na Mogadishu City Club mu ijonjora ry'ibanze rya CAF Champions League, iyi kipe yatangaje ko Jacques Tuyisenge ari we kapiteni mushya w'iyi kipe.
Jacques Tuyisenge azaba yungirijwe na Manishimwe Djabel nka kapiteni wa kabiri ndetse na Buregeya Prince nka kapiteni wa gatatu.
Source : http://isimbi.rw/siporo/article/apr-fc-yatangaje-umuyobozi-mushya-w-abakinnyi-amafoto