APR FC mu ihurizo, icyizere cyaraje amasinde #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Nyuma y'uko ikipe ya APR FC yari yizeye ko CAF izayiha uburenganzira bwihariye maze umutoza wayo, Adil Erradi Mohammed akemererwa gutoza imikino Nyafurika, yaje gusohoka ku rutonde rw'abatoza batemerewe gutoza iyi mikino.

Mu rwego rwo kugira ngo amakipe atozwe n'abatoza bashoboye muri iyi mikino ya CAF Champions League na CAF Confederations Cup, CAF yanzuye ko umutoza mukuru agomba kuba afite 'License A' ya CAF cyangwa License iri 'Pro' itangwa n'indi mpuzamashyirahamwe, ni mu gihe umutoza wungirije agomba kuba afite 'License B' ya CAF, ibi bikaba byaragonze umutoza mukuru wa APR FC, Adil Erradi Mohammed ufite 'UEFA Advanced Diploma'.

APR FC yari yasabye ko uyu mutoza yahabwa uburenganzira bwihariye agatoza iyi mikino kuko yabuze uko ajya gukorera iyi license iri 'Pro' kubera icyorezo cya COVID-19.

Adil Erradi Mohammed akaba yaje kugaragara ku rutonde rw'abatoza 29 batemerewe gutoza imikino Nyafurika umwaka wa 2021-22 kubera ko ibyangombwa byabo bitabibemerera.

Bivugwa ko APR FC yaba yaritabaje umutoza Abdu Mbarushimana utoza Bugesera FC akaba ari we yandikisha nk'umutoza mukuru, ariko ubuyobozi bw'iyi kipe bwabiteye utwatsi, ni mu gihe n'umwaka ushize yari yatanze Bisengimana Justin nk'umutoza mukuru.

Adil akaba atemerewe gutoza iyi mikino, bivuze ko umutoza wungirije ushinzwe no kongerera ingufu abakinnyi, Jamel Eddine Neffati ukomoka muri Tunisia ufite License B ya CAF ari we ushobora gutoza iyi mikino Nyafurika, ni mu gihe Adil akazi ke kazajya karangira mbere y'umukino wenda akaba yanabaganiriza muri Half-Time.

Adil Erradi ntabwo yemerewe gutoza imikino Nyafurika
Umutoza wungirije ni we ushobora gutoza uyu mukino



Source : http://isimbi.rw/siporo/article/apr-fc-mu-ihurizo-icyizere-cyaraje-amasinde

Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)