Amb. Nduhungirehe Olivier na Amb. Dr Diane Gashumba ntibemeranywa n'umuyobozi w'ikipe ya United Stars-Ruhango wahagaritse umutoza amushinja ubutinganyi, ni mu gihe uyu mutoza we avuga ko yagambaniwe n'umukinnyi utarakinaga ndetse ko ubu yanigendeye ageze muri Zambia.
Ku wa Gatandatu w'icyumweru gishize nibwo hasohotse ibaruwa yasinyweho na perezida w'iyi kipe, Ngendahayo Vedaste ihagarika Mushimiyimana Eric wari umutoza mukuru wayo aho bavuga ko agiye gukorwaho iperereza ku butinganyi buvugwa muri iyi kipe yarezwemo n'abakinnyi.
Nyuma y'iyi baruwa, abantu bakaba baragiye batanga ibitekerezo bitandukanye aho nka Ambasaderi Olivier Nduhungirehe yavuze ko uwahagaritse uyu mutoza ari we wari ukwiriye guhanwa.
Ati 'ubwo icyaha ashinjwa ni ikihe? Giteganywa n'iyihe ngingo y'amategeko ahana? Uwahagaritse uyu mutoza ahubwo niwe wari ukwiye guhanwa, kuko atubahirije ingingo ya 16 y'Itegeko Nshinga rya Repubulika y'u Rwanda.'
Ubwo icyaha ashinjwa ni ikihe? Giteganywa n'iyihe ngingo y'amategeko ahana?
Uwahagaritse uyu mutoza ahubwo niwe wari ukwiye guhanwa, kuko atubahirije ingingo ya 16 y'Itegeko Nshinga rya Repubulika y'u Rwanda.@FERWAFA https://t.co/737TXXjRpZ
â" Olivier J.P. Nduhungirehe (@onduhungirehe) September 25, 2021
Amb. Dr Diane Gashumba na we avuga ko bidasobanutse kuko n'iyi baruwa banditse imuhagarika izo mpungenge z'abakinnyi zitigeze ziaragazwa.
Ati 'Uwamuhagaritse yavanguye! Abakinnyi impungenge bagize ntiyanasobanuye izo ari zo!'
Uwamuhagaritse yavanguye! Abakinnyi impungenge bagize ntiyanasobanuye izo arizo!
â" Dr Diane GASHUMBA (@DianeGashumba) September 25, 2021
Mushimiyemana Eric yabwiye ISIMBI ko ibi ashinjwa ari ikinyoma cyambaye ubusa ahubwo byose byakozwe n'umukinnyi atakinishaga, wamubwiye ko azakora akantu, yaje kwiba telefoni ya mugenzi akamwandikira kuri facebook amubwira ibintu bidahuye, gusa ngo nyuma yo kubikora ari Zambia ubu.
Ati 'yambwiye ko natajya muri 18 azakora agashya, bashaka ikintu cyo kwinjirira undi mwana bakoresheje Facebook ye, hari ukuntu bakoresha facebook bagasiga badakoze 'log out', bakoresha facebook y'umwana witwa Tuyizere Celestin, kuko ni umukinnyi mwiza dusanzwe tunaganira, banyandikira mu masaha akuze. Na we yaguye mu kantu avuga ko ari burege, ikibazo na perezida ntavuga uwamuhaye izo messages.'
'Nanjye yanyandikiye mu masaha akuze, ambaza ngo ese uri mu rugo, ndagushaka, ndashaka kuza kukureba, ese aya masaha urajya hehe, ndifuza kuba narara aho, nkamubaza nti ese abakinnyi ba we murarana bigende bite? Arambwira ngo yataha butaracya mpita mwihorera(â¦) Shalom na Jules nibo baba babikoze, ubusanzwe Jules we yari asanzwe anakunda kujyana amakuru kwa perezida, buri kamwe kose akakajyano, igisekeje ni ibintu yakoze agambariye kuko nyuma yo kubikora ari muri Zambia, yasize akoze akantu arigendera.'
Uretse ibi umutoza yatangaje, hari n'abakinnyi bagera ku 10 b'iyi kipe bayobowe na kapiteni wayo, Siborugira Janvier banditse bagaragaza ko uyu mutoza arengana nta byo yigeze akorera abakinnyi.