U Rwanda rwashimiwe umusanzu warwo mu gushyiraho imyanzuro igamije kurinda aboherejwe mu butumwa bwa Loni - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Iyi myanzuro yashyizweho n’u Buhinde ishyigikirwa n’ibihugu binyamuryango by’akanama ka Loni gashinzwe umutekano ku Isi harimo n’u Rwanda mu nama yabaye ku wa Gatatu tariki 18 Kanama 2021 ku cyicaro cyako i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

U Buhinde nk’igihugu kiyoboye aka kanama muri uku kwezi kwa Kanama bwanyujije ubutumwa kuri Twitter bushimira u Rwanda.

Bwagiraga buti “Turashimira u Rwanda, umuterankunga ukomeye w’ingabo n’abapolisi mu butumwa bwa Loni bwo kubungabunga amahoro ku Isi, ku bw’umusanzu ukomeye ku kibazo cy’umutekano w’abayabungabunga. Turarushimira kandi ku bwo gushyigikira iyi myanzuro.”

Iyo myanzuro yashyizweho ihamagarira ibihugu byakiriye ingabo zigiye kubungabunga amahoro kwita ku mutekano wazo, bikazirinda ibikorwa by’urugomo bizikorerwa harimo no kuzica, bigafatanya n’ibihugu byazohereje mu gushakisha abakoze ibyo bikorwa, bagatabwa muri yombi ndetse bagahabwa n’ibihano.

Akanama ka Loni gashinzwe umutekano kasabye Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres, gushyiraho ikoranabuhanga rizafasha mu kumenyekanisha ibitero bigabwa ku ngabo ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro ku Isi, gushyiraho ingengo y’imari igamije gushyiraho iri koranabuhanga no gutanga raporo ku byagezweho mu ishyirwa mu bikorwa by’iyi myanzuro.

Biteganyijwe ko Umuryango w’Abibumbye uzafatanya n’ibihugu byakira ingabo n’abapolisi ndetse n’ibibohereza mu gukumira ibyaha bibakorerwa, kubigenza no kuburanisha ababikoze.

Ibihugu binyamuryango mu Kanama ka Loni gashinzwe umutekano ku isi byemeje imyanzuro yo kurinda ingabo zoherejwe mu butumwa bwo kubungabunga amahoro



source : https://ift.tt/3j1fSlC

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)