Umugabo wanjye yarankubitaga ngezaho musaba ko yakwahukana aragenda| Ko ntwite inda akaba arimo kunsaba imbabazi, mbigenze nte? – YEGOB #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Mwaramutse?!! Ndabinginze nimungire inama

Ndi umugore,mfite umugabo tubanye imyaka3. Tukibana mumwaka 1 nibwo twabanye neza cyane! Gsa kd twatinze no kubyara ndetse ninda ntwise zikavamo! Havuyemo 3. Umugabo wange agira amahane cyane,ndetse akamfuhira, agakunda abagore ndetse rimwe na rimwe agasambana! yigeze gufungwa kubera ko yari yankubise bitewe no gufuha kdi mubyukuri narinzize ubusa ankubita! Naje kujya kumufunguza! (gsa mubigaragara arankunda kdi nange nuko arko ntitubasha kumvikana!) maze kumufunguza sinumvaga ko azaza tukabana, gsa aje yansabye imbabaz anyizeza guhinduka ndamubabarira,gsa nyuma yiminsi micye yatangiye kujya ankyurira ngo naramufungishije, akanantuka, ngezaho numva bindambiye musaba ko yakwigendera tugatandukana! Ntiyabikoze gsa hashize iminsi 5, yaratashye arangije afata imyenda ye arigendera! Nange ndamureka kuko numvaga ko ngize amahoro bitewe nuko atukana ibitutsi byindengakamere, kdi yari yarasubiye no kungeso ze arko atankubita!!

#ikibazo: ubu ndatwite inda ya 4. Kdi nubwo yantaye arimo kunsaba imbabazi ngo dukomeze twubakane! Ngo agaruke tubane! Arko kdi ngo nge iwabo kwa se niwe babana, ngo mbwire ise ko ntazongera kumubwirira umuhungu ko ntamushaka! Cyane ko ise we yanga amakimbirane yibitutsi ahora murugo rwacu! Rero ngo ngende mugarure murugo ngo kuko nawe bimuteye isoni kongera gufata imyenda akagaruka murugo!! Nge mubyukuri nkumva bitewe nuburyo uyu mugabo ahora anteshamo umutwe, nakwitahira nkajya iwacu! Mungire inama, koko ubu mbigenze? Nge gucyura umugabo? Cg nitahire? Gsa kdi ubu ndatwite inda ye ya 4.



Source : https://yegob.rw/umugabo-wanjye-yarankubitaga-ngezaho-musaba-ko-yakwahukana-aragenda-ko-ntwite-inda-akaba-arimo-kunsaba-imbabazi-mbigenze-nte/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)