
Nyuma y'uko umwe mu baturage atanze amakuru, inzego z'umutekano zahise zijyayo; abantu 31 barimo abagore 28 barafatwa, abasaga 40 biganjemo abagabo baratoroka barimo na nyiri urugo wari Umukuru w'Umudugudu.
Mu gihe bagishakishwa, abafashwe bajyanywe ku biro by'Umurenge wa Gahunga mu gihe bagiye gupimwa Covid-19 bakajyanwa mu kato.
Ibyo bibaye mu gihe Akarere ka Burera kari mu turere 8 turi muri Guma mu Rugo hamwe n'Umujyi wa Kigali.
