Zimwe mu mpamvu zituma abasore bihutira gutera inda abakobwa bakundana mbere yo kurushinga – YEGOB #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Muri iki gihe dukunze kubona abasore benshi bashakana n'abakobwa bamaze kubatera inda cyangwa se n'abafite gahunda yo kurushinga bakabanza kuryamana mbere yuko babana. Iyi ni inkuru yagiye ikunda gusakara henshi dore ko muri iki gihe kubona umukobwa arongowe adatwite aba ari imbonekarimwe. Hano hari zimwe mu mpamvu twaje kumenya zituma abasore benshi batera inda abakobwa mbere yo kurushinga.

1. Kwigarurira umutima w'umukobwa burundu

Umusore uteye inda umukobwa mbere yuko babana aba yigaruriye umutima w'uwo mukobwa burundu ndetse urukundo umukobwa yamukundaga rwikuba inshuro nyinshi.

2. Kumuhamiriza ko gahunda yo kubana ark ntakuka

Umusore uteye inda umukobwa mbere yuko babana aba amuhamirije ukuri ko byanze bikunze ariwe bazabana ko ntawundi atezeho kwagura umuryango no kororoka.

3. Gutegura umuryango hakiri kare

Umusore uteye inda umukobwa mbere yuko babana aba yiteganyirije kubera ko nyuma y'igihe gito we n'umukobwa barushinze bahita bibaruka akana.

Nubwo izi arizo mpamvu twababwiye ariko si izi gusa kuko usanga buri muntu wese afite impamvu ze bwite bitewe nuko atekereza cyangwa sw bitewe na gahunda z'ubuzima bwe. Nyamara nubwo ibi by'umusore byo gutera inda umukobwa benda gushinga byeze muri iki gihe ntabwo ariko byahoze kuko si nako umuco nyarwanda ubitegeka ubundi umukobwa agomba gushakana n'umusore akiri isugi akaba ari nayo mpamvu umukobwa yambara agatimba ku munsi w'ubukwe bwe kugirango yerekane ko akiri isugi.



Source : https://yegob.rw/zimwe-mu-mpamvu-zituma-abasore-bihutira-gutera-inda-abakobwa-bakundana-mbere-yo-kurushinga/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)