Ukwirara gukabije, imibare y’abandura yongeye gutumbagira, virusi nshya mu karere: Impamvu z’ingamba nshya za Covid-19 - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ni ibyatangajwe n’ubuyobozi bw’iyi Minisiteri n’Ikigo cyayo Gishinzwe Ubuzima, RBC, mu kiganiro bwagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Kamena 2021, nyuma y’iminsi ibiri habaye Inama y’Abaminisitiri yemerejwemo ingamba nshya zo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19.

Ni ikiganiro Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima Ushinzwe Ubuzima bw’Ibanze, Dr Mpunga Tharcisse n’Umuyobozi Mukuru wa RBC, Dr Nsanzimana Sabin basobanuriyemo imiterere ya Covid-19 n’ibyemezo bikomeje gufatwa na Guverinoma.

Imibare itangazwa umunsi ku munsi na RBC, igaragaza ko ugereranyije ibyumweru bibiri bishize; mu cyumweru cyabanje hagaragara abantu 300 banduye Covid-19 mu gihe muri iki bagera ku 1200.

RBC igaragaza ko abarwayi bashya biyongereyeho 275%, ni ukuvuga ko ijanisha ryarenze 100%, ibi kandi biri kujyana n’ubwiyongere bw’abahitanwa n’iki cyorezo kubera ko ubu bazamutseho 25%.

Ni mu gihe kandi abajya kwa muganga bagakenera ibitanda bageze ku 175%, bivuze ko icyumweru gitaha bishobora kuzamuka kurushaho ugereranyije n’umuvuduko turi kubibonaho uyu munsi ari nayo mpamvu hari ingamba zashyizweho.

Ku rundi ruhande kandi Akarere ka Rubavu, kuva kuri uyu wa Kane kazatangira gahunda ya Guma mu Karere. Imibare igaragaza ko mu bipimo byafashwe mu buryo bwo gutomboza, 15% bafite Covid-19, ni mu gihe mbere y’iruka rya Nyiragongo bari 1.3%. Uburyo bukoreshwa mu gupimwa ni bumwe ntabwo bwahindutse.

Ntabwo byarangiriye Rubavu kuko byasatiriye na Rutsiro kuko ubu bageze kuri 7% by’abandura mu bipimo bifatwa.

Muri Kigali, mu byumweru bibiri bishize, mu bantu 100 bapimwaga, abanduye babaga ari 0.5%, byasabaga gupima abantu 200 kugira ngo ubone umwe wanduye. Uyu munsi mu bantu 100 hari kuboneka babiri barwaye. Ni ukuvuga ko no muri Kigali ubwandu buri kuzamuka cyane.

Abaturage bariraye cyane

Dr. Mpunga yavuze ko ubu bwiyongere bwabayeho nyuma y’uko ubwo icyorezo cyari kigenjeje make, zimwe muri serivisi zigenda zifungurwa zirimo imihango yo gusaba no gukwa, ibirori byo kwiyakira n’ibindi.

Ati “Mu gihe gito cyane twabonye imibare ihinduka, abarwayi batangira kwiyongera cyane cyane mu Mujyi wa Kigali ariko n’ahandi bigenda uko. Hari ibyo tubona nk’impamvu zibitera ari nayo mpamvu guverinoma igenda ifata izindi ngamba kugira ngo turebe ko imibare yagabanyuka.”

Yakomeje agira ati “Nk’uko twari tumaze iminsi tubona Covid-19 isa n’aho yagabanyutse abantu bagatangira kumva ko ubuzima busubiye uko bwari bumeze mbere, bumva ko yarangiye yagiye, yewe hari n’aho wajyaga bakakubwira ko Covid-19 yagiye burundu.”

Yongeyeho ko hari abantu batizaga umurindi iri zamuka, cyane cyane abavuga rikijyana muri rubanda.

Ati “Njyewe mu minsi yashize hari n’aho nagiye gusenga Pasiteri aravuga ati Covid-19 yararangiye. Uko kwirara rero niko kwatumye nanone yongera kuzamuka kandi bakibagirwa ko ibyo byangombwa byo kuyirwanya bitaragerwaho.”

Nta virusi nshya iragera mu Rwanda

Ubwiyongere bw’abandura n’abahitanwa na Covid-19, bujyana n’ikindi kibazo kitari kiriho mbere aho hari ubwoko bushya bwa Coronavirus bwitwa Delta Plus, yamaze no kugera mu bihugu duturanye nka Uganda, ndetse muri icyo gihugu ikaba ari nayo ntandaro y’uko hari kuboneka imibare iri hejuru y’abandura.

Ni virusi ikwirakwira mu buryo bwikubye inshuro enye ugereranyije n’iya mbere yaturutse mu Bushinwa. Ikindi kandi iyi virusi yica abantu vuba mu buryo bwikubye inshuro ebyiri.

RBC yavuze ko mu minsi itatu ishize hamaze gufatwa ibipimo hirya no hino mu gihugu ngo harebwe niba iyo virusi itaragera mu Rwanda, ariko icyaharagaye ni uko nta muntu n’umwe wayisanganywe. Gusa ngo ibikorwa byo gukomeza kugenzura hapimwa abava mu bihugu birimo iyi virusi birakomeje.

Ni ibyatangajwe n’ubuyobozi bw’iyi Minisiteri n’Ikigo cyayo gishinzwe ubuzima, RBC, mu kiganiro bwagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Kamena 2021, nyuma y’iminsi ibiri habaye Inama y’Abaminisitiri yemerejwemo ingamba nshya ku kwirinda ikwirakwira rya Covid-19.

Ni ikiganiro Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima Ushinzwe Ubuzima bw’Ibanze, Dr Mpunga Tharcisse n’Umuyobozi Mukuru wa RBC, Dr Nsanzimana Sabin basobanuriyemo imiterere ya Covid-19 n’ibyemezo bikomeje gufatwa na Guverinoma.

Imibare itangazwa umunsi ku munsi na RBC, igaragaza ko ugereranyije ibyumweru bibiri bishize; mu cyumweru cyabanje hagaragara abantu 300 banduye Covid-19 mu gihe muri iki bagera ku 1200.

RBC igaragaza ko abarwayi bashya biyongereyeho 275%, ni ukuvuga ko ijanisha ryarenze 100%, ibi kandi biri kujyana n’ubwiyongere bw’abahitanwa n’iki cyorezo kubera ko ubu bazamutseho 25%.

Ni mu gihe kandi ibitanda bitariho abarwayi ku buryo abajya kwa muganga bakagenera ibitanda bageze ku 175%. Bivuze ko icyumweru gitaha bishobora kuzamuka kurushaho ugereranyije n’umuvuduko turi kubibonaho uyu munsi ari nayo mpamvu hari ingamba zashyizweho.

Ku rundi ruhande kandi Akarere ka Rubavu, kuva kuri uyu wa Kane kazatangira gahunda ya Guma mu Karere. Imibare igaragaza ko mu bipimo byafashwe mu buryo bwo gutomboza, 15% bafite Covid-19, ni mu gihe mbere y’iruka rya Nyiragongo byari hagati ya 1.3%. Uburyo bukoreshwa mu gupimwa ni bumwe ntabwo bwahindutse.

Ntabwo byarangiriye I Rubavu byasatiriye I Rutsiro kuko ubu bageze kuri 7%

Muri Kigali, mu byumweru bibiri mu bantu 100 habaga hari 0.5%, byasabaga gupima 200 kugira ngo ubone umwe. Uyu munsi mu bantu 100 hari kuboneka 2 barenga. Ni ukuvuga ko no muri Kigali ubwandu buri kuzamuka cyane.

Abaturage bariraye cyane

Dr. Mpunga yavuze ko ubu bwiyongere bwabayeho nyuma y’uko ubwo icyorezo cyari kigenjeje make, zimwe muri serivisi zatangiye gufungurwa zirimo imihango yo gusaba no gukwa, ibirori byo kwiyakira n’ibindi.

Ati “Mu gihe gito cyane twabonye imibare ihinduka, abarwayi batangira kwiyongera cyane cyane mu Mujyi wa Kigali ariko n’ahandi bigenda uko. Hari ibyo tubona nk’impamvu zibitera ari nayo mpamvu guverinoma igenda ifata izindi ngamba kugira ngo turebe ko imibare yagabanyuka.”

Yakomeje agira ati “Nk’uko twari tumaze iminsi tubona Covid-19 isa n’aho yagabanyutse abantu bagatangira kumva ko ubuzima busubiye uko bwari bumeze mbere, bumva ko yarangiye yagiye, yewe hari n’aho wajyaga bakakubwira ko Covid-19 yagiye burundu.”

“Njyewe mu minsi yashize hari n’aho nagiye gusenga Pasiteri aravuga ati Covid-19 yararangiye. Uko kwirara rero niko kwatumye nanone yongera kuzamuka kandi bakibagirwa ko ibyo byangombwa byo kuyirwanya bitaragerwaho.”

Yakomeje agira ati “Hari ibiganiro byari bimaze igihe, mu bihugu biteye imbere abantu bamaze gukingirwa ari benshi, baha uburenganzira abantu bakagenda batambaye agapfukamunwa.”

Nta virusi nshya iragera mu Rwanda

Ubwiyongere bw’abandura n’abahitanwa na Covid-19, bujyana n’ikindi kibazo kitari kiriho mbere aho hari ubwoko bushya bwa Coronavirus bwitwa Delta Plus, yamaze no kugera mu bihugu duturanye nka Uganda, ndetse muri icyo gihugu ikaba ari nayo ntandaro y’uko hari kuboneka imibare iri hejuru y’abandura.

Ni virusi ikwirakwira mu buryo bwikubye inshuro enye ugereranyije n’iya mbere yaturutse mu Bushinwa. Ikindi kandi iyi virusi yica abantu vuba mu buryo bwikubye inshuro ebyiri.

RBC yavuze ko mu minsi itatu ishize hamaze gufatwa ibipimo hirya no hino mu gihugu ngo harebwe niba iyo virusi itaragera mu Rwanda, ariko icyaharagaye ni uko nta muntu n’umwe wayisanganywe. Gusa ngo ibikorwa byo gukomeza kugenzura hapimwa abava mu bihugu birimo iyi virusi birakomeje.

Dr Nsanzimana yavuze ko hatangiye gutekerezwa uburyo ibigo bisanzwe byakira abarwayi ba Covid-19 bya Gatenga na Kanyinya byari bimaze amezi atatu bifunze byakongera gufungurwa. Kuri ubu hashyizweho itsinda ryo kureba uburyo ibi bigo byakongera kwakira abarwayi.

Ati “Kanyinya na Gatenga zigiye kongera gufungurwa mu gihe Nyarugenge imaze kurenga ½ cy’ibitanda bihari. Uyu munsi hamaze kugera abarwayi bagera kuri 70 mu gihe mu bitaro bya Nyarugenge hari ibitanda birenga gato 100.”

Yakomeje agira ati “Ubusanzwe uretse ibigo byari bisanzwe birimo bifasha abantu mu buryo bw’umwihariko, ubu ibitaro byose byo mu Rwanda bifite ahantu hashobora kuvurirwa abarwayi bari hagati ya bane na batanu barembye cyane. Kibungo bafite ahakwakirirwa abarwayi bagera kuri 35 mu gihe Karongi naho bagiye kugira ahashobora kwakirirwa abagera kuri 50.”

Muri iki kiganiro kandi Dr Mpunga yashimangiye ko Guverinoma ikomeje ibiganiro n’ibigo bitunganya inkingo ku buryo mu gihe cya vuba ibikorwa byo kuzikorera mu Rwanda bishobora kuzaba byatangiye.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubuzima Ushinzwe Ubuzima bw'Ibanze, Dr Mpunga Tharcisse, yavuze ko abaturage biraye mu minsi ishize
Umuyobozi Mukuru wa RBC, Dr Nsanzimana Sabin, yavuze ko abaturage bakwiye kwirinda kugira ngo icyorezo kidakomeza gukura



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)