Nyamagabe: Umugabo ari guhigishwa uruhindu nyuma yo gukubita umwana bikomeye -

webrwanda
0

Inkuru y’uyu mugabo wakubise umwana we mu buryo bukomeye bikamuviramo gukomereka, yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 10 Kamena 2021.

Ntiharamenyekana icyaba cyaratumye uyu mugabo ahana umwana we muri ubu buryo, amakuru aturuka muri uyu Murenge wa Kitabi, avuga ko abaturanyi b’uyu mugabo wakoze aya mahano aribo bamenya ko ari gukubita umwana bagahita babimenyesha inzego z’ubuyobozi.

Uyu mugabo akimara kumenya ko inzego z’ibanze n’iz’umutekano zamenye ihohoterwa yakoreye umwana we, yahise atoroka aburirwa irengero.

Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Nyamagabe ushinzwe imibereho myiza, Mujawayezu Prisca, yabwiye IGIHE ko uyu mugabo ari gushakisha cyane kugira ngo aryozwe ibyo yakoze.

Ati “ Biriya bintu natwe twabibonye mu gitondo, mu by’ukuri dusanga ari ibintu by’agahomamunwa bidakwiye gukorwa n’umubyeyi. Agomba gufatwa agashyikirizwa ubutabera kuko yahise atoroka ariko twiyemeje gushakisha aho aherereye hose.”

Yongeyeho ko uyu mugabo nafatwa azaburanishirizwa mu nteko rusange y’abaturage kugira ngo bibere isomo buri muntu wese ushobora gushaka guhana umwana muri ubu buryo.

Yakubise umwana we amukomeretsa mu buryo bukomeye



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)