Hari gukorwa igerageza ku ikoranabuhanga rizorohereza abaturage kubona ibyangombwa by’ubutaka -

webrwanda
0

Ibi yabigarutseho kuri uyu wa Gatanu tariki ya 14 Gicurasi 2021, ubwo hatangizwaga icyumweru cyo kwakira ibibazo by’abaturage bishingiye ku butaka muri tumwe mu turere tugize Intara y’Iburasirazuba.

Iki gikorwa cyatangirijwe mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Nyamata, aho muri aka Karere bihaye iminsi ibiri yo gukemura bimwe mu bibazo by’abaturage bishingiye ku butaka.

Mukamana yavuze ko nyuma yo kubona uburyo umuturage asiragizwa mu kubona serivisi z’ubutaka n’uburyo bimutwara amafaranga menshi, hari gukorwa igerageza ku buryo umuturage yabona serivisi zose z’ubutaka biciye mu ikoranabuhanga gusa.

Uretse gukora ikoranabuhanga ryoroshya ihererekanyabubasha no gushaka ibindi byangombwa, Mukamana yavuze ko bari gushaka uburyo amafaranga ibihumbi 30 Frw atangwa n’umuturage mu gukora ihererakanyabusha yagabanuka akaba macye cyane.

Ati “Turifuza ko tuzagera mu mwaka wa 2024 dutanga serivisi z’ubutaka mu buryo bw’ikoranabuhanga, turashaka kujya dutanga serivisi nta rupapuro na rumwe rukoreshejwe, muziko biriya byangombwa by’ubutaka dutanga umuntu akajyana igipapuro abenshi babita, buri munsi kuri za radiyo usanga batanga amatangazo ko babibuze.”

Mukamana yavuze ko gukoresha impapuro bihenda Leta n’abaturage, kuko mu mafaranga ibihumbi 30 Frw abantu bishyura iyo bari gukora ihererekanya ry’ubutaka, haba harimo ibihumbi 5 Frw y’icyangombwa gishya.

Ati “Murumva ayo mafaranga 5000 Frw ntabwo ari amafaranga make cyane cyane ko hari n’abaturage bayabona bitoroshye, ayo mafaranga rero agendera ku mpapuro n’ibindi bikoresho bihenze hari igihe bitazaba ngombwa ko atangwa.”

“Ubu turimo turabigerageza mu Karere ka Gasabo, aho turi kureba uburyo umuturage yajya abona serivisi hadakoreshejwe impapuro guhera ku Irembo.”

Yashimangiye ko amafaranga umuturage atanga ku ihererekanywa ry’ubutaka basanze ari menshi, ari nayo mpamvu bari gukora ubuvugizi binyuze mu itegeko rishya ririndiriye kwemezwa aho rizayagabanya.

Ati “Nagabanywa bizaturinda ihererekanywa ry’ubutaka ritubahirije amategeko, abenshi babura ariya mafaranga ugasanga banyuze mu nzira zitari zo aho kujya kwa notaire ahubwo bagahererekanya hagati yabo.”

Mukamana yavuze ko iyo abaturage bahererekanyije hagati yabo biba birimo umutekano muke kuko amakuru y’ubutaka aba atahindutse mu buryo bukwiriye.

Uyu muyobozi kandi yanavuze ko nibaramuka batangiye gukoresha ikoranabuhanga, bizaborohereza nk’abakozi ba RLMA kuko bafite ikibazo cy’ubucye bw’abakozi ugereranyije na serivisi bagomba gutanga.

RLMA iri mu igerageza rizatuma ibyangombwa by'ubutaka bitangwa mu buryo bw'ikoranabuhanga



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)