Bobi Wine yongeye gufungirwa iwe, yita Museveni 'Ikigwari' #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umuhanzi akaba n'umunyapolitiki utavuga rumwe n'ubutegetsi bwa Uganda, Bobi Wine, igisirikare cya Uganda cyamufungiye iwe mu rugo mu gihe bitegura irahira Perezida Yaweri Kaguta Museveni umaze imyaka 35 ku butegetsi.

Kyagulanyi Robert uzwi nka Bobi Wine abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter yavuze ko urugo rwe ruzengurutswe n'abasirikare ku buryo nta hantu ashobora kujya.

Ati"abasirikare na polisi bazengurutse urugo rwanjye mu gihe Gen. Museveni yitegura kurahira binyuranyije n'amategeko kuri uyu wa Gatatu, ni ikigwari, azi neza ko ibyo akora bitemewe n'amategeko ni nayo mpamvu abatinya. Mukomere gitwari nshuti, tuzabisohokamo."

Si mu rugo rwa Bobi Wine gusa kuko no ku biro by'ishyaka rye rya NUP(National Unity Platform) naho harinzwe na polisi n'abasirikare.

Si ku nshuro ya mbere Bobi Wine afungirwa iwe mu rugo kuko no mu bihe byatambutse byagiye biba mu cyo ubuyobozi bwise ko bangaga ko yahungabanya umutekano mu gihugu.

Bobi Wine yahataniraga umwanya wo kuyobora Uganda mu matora yabaye tariki ya 14 Mutarama aho yaje gutsindwa na Museveni wari usanzwe ari perezida wa Uganda. Biteganyijwe ko azarahirira kuyobora iki gihugu kuwa Gatatu tariki ya 12 Gicurasi 2021.

Bobi Wine afungiwe iwe mu rugo



Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/bobi-wine-yongeye-gufungirwa-iwe-yita-museveni-ikigwari

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)