Ba rwiyemezamirimo 33 bagiye guhabwa amasomo azabafasha kugera ku ndoto zabo -

webrwanda
0

Iyo gahunda y’amasomo yiswe “JASIRI Talent Investor” yatangijwe ku mugaragaro ku wa 7 Ukuboza 2020, aho abifuza gushora imari bo mu Rwanda na Kenya bagera ku 2,200 batanze ubusabe bwabo, maze batoranywamo 33 bahiga abandi ari nabo bazahabwa ayo masomo.

Umuyobozi Mukuru wa JASIRI, Antony Farr yatangaje ko kubahitamo byakozwe ku bufatanye bw’abakozi bayo mu Rwanda na Kenya ku buryo biteze umusaruro mwiza.

Ati “Twashimishijwe n’ubuhanga ndetse n’imikorere y’abasabye guhabwa amasomo kandi twemera ko kubona abantu nk’aba bahuje imikorere bwa mbere bitari kugerwaho hatabayeho ugukorana kw’abafatanyabikorwa batandukanye, rero ibi turabyishimiye.”

Ubwo yahaga ikaze abatoranyijwe ku wa 24 Mata 2021 mu muhango wabaye hifashishijwe ikoranabuhanga, Umuyobozi wa JASIRI mu Rwanda, Kabanda Aline, yabashishikarije “Guhanga imishinga izagira uruhare mu guhindura ubuzima bwa rubanda aho batuye ndetse n’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba”.

Gahunda ‘JASIRI Talent Investor’ yitezweho kuzafasha abazayitabira kugira ubumenyi butandukanye yaba ku rwego rw’umuntu ku giti cye, urw’itsinda cyangwa urw’umushinga akora.

JASIRI iterwa inkunga n’Umuryango ukora ibikorwa by’ubugiraneza wa Allan & Gill Gray. Ifite intego yo guteza imbere ihangwa ry’akazi binyuze mu gushyigikira ukwihangira imirimo no kurwanya ubukene.

Ba rwiyemezamirimo 33 bagiye guhabwa amasomo azabafasha kugera ku ndoto zabo



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)