Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane nibwo ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiriye amashusho y’abantu bane bambaye imyenda isanzwe, bateruye umuntu bamwerekeza ahari haparitse iyo modoka.
Mu kumugeza kuri iyo modoka, babiri bagaragaye bamukubita ibipfunsi ubwo bashakaga kuyimwinjizamo. Hari umuturage wifashishije urukuta rwe rwa Twitter, abaza Polisi y’Igihugu niba yaba yamenye iby’uwo muntu, icyo yafatiwe, abamukubitaga n’aho bamujyanye.
Polisi yasubije ko uwafashwe yafashwe n’abapolisi bambaye imyenda ya sivili. Ngo ni umuturage witwa Nshimiyimana Jean Pierre wari watorotse kasho ya Polisi nyuma yo gufatwa akekwaho ibyaha byo gukoresha ibiyobyabwenge n’ubujura ubu akaba afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muhoza.
Ubwo butumwa bukomeza bugira buti “Abapolisi babiri bigaragara ko bamukubise nabo bafashwe kandi bazahanwa hakurikijwe mategeko.”
Polisi y’u Rwanda imaze igihe ishyira imbaraga mu kunoza imikorere y’abayigize, aho urenga ku mahame ayiranga afatirwa ibihano.
Mwiriweho sinzi niba @Rwandapolice na @RIB_Rw mwabasha kumenya iby'iyo modoka kuko uwo muntu bayitwayemo bahondaguraga gutyo mu ruhame ubu aho bamujyanye sinzi uko bari kumugenza. Ntangiye amakuru ku gihe. @AngelMutabaruka , @oswaki . pic.twitter.com/RAWClWwQjo
— Yusuf Sindiheba (@YSindiheba) May 13, 2021
Mwiriwe,
Uyu wafashwe n'abapolisi bambaye imyenda ya sivili ni uwitwa Nshimiyimana Jean Pierre wari watorotse kasho ya Polisi nyuma yo gufatwa akekwaho ibyaha byo gukoresha ibiyobyabwenge n'ubujura ubu akaba afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Muhoza......
— Rwanda National Police (@Rwandapolice) May 13, 2021
..... Abapolisi babiri (2) bigaragara ko bamukubise nabo bafashwe kandi bazahanwa hakurikijwe amategeko.
Murakoze
— Rwanda National Police (@Rwandapolice) May 13, 2021