Uwo musore w’imyaka 28 y’amavuko yakoraga mu kirombe gitwikirwamo amatafari mu Mudugudu wa Karama mu Kagari ka Muhororo. Ubusanzwe akomoka mu Karere ka Nyamagabe.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Byimana, Mutabazi Patrick, yabwiye IGIHE ko umurambo w’uwo musore wabonywe n’umukecuru wari ugiye gutwikira amatafari, asanga utwikiriye mu mahema, ahita abimenyesha ubuyobozi.
Yavuze ko kugeza ubu hataramenyekana icyishe uwo musore kuko nta bikomere yari afite yemeza ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangiye iperereza.
Yagize ati “Kugeza ubu ntabwo turabimenya kuko nta bikomere yari afite, ariko yari yavuye uturaso duke mu mazuru no mu kanwa. RIB iri guperereza ngo hamenyekane icyamwishe.”
Kuri icyo kirombe hari umuzamu waharariraga ndetse n’abandi bagabo batatu bari bacaniriye itanura. Bose bavuze ko batazi uko uwo musore yahageze, kuko ngo nabo batunguwe no kubona umurambo we muri iryo hema ryari rihari. Bahise batabwa muri yombi na RIB kugira ngo hakorwe iperereza
Umurambo wa Niyomusaba wajyanwe ku Bitaro bya Kacyiru gupimwa kugira ngo hamenyekane icyamwishe.
[email protected]gihe.rw