Pasiporo y'u Rwanda yemerera uyifite kwerekeza mu bihugu 161 atabanje gusaba VISA #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ibi bisobanuye ko agaciro ka Pasiporo y'u Rwanda kari kwiyongera, ndetse iyi raporo yerekanye ko iri ku mwanya wa 81 muri uyu mwaka, ivuye kuwa 83 muri pasiporo 110 zifite agaciro gakomeye kurusha izindi ku Isi.

Kwiyongera kw'agaciro ka pasiporo biterwa n'umubare w'ibihugu uyifite ashobora kujyamo bitamusabye visa. U Rwanda ruri mu bihugu bifite pasiporo iri kuzamura agaciro kayo kurusha izindi ku Isi, bitewe n'uko umubare w'ibihugu uyifite ashobora kujyamo nawo uri kwiyongera. Mu 2010, uyu mubare wari ibihugu 39, ariko umaze kugera kuri 61.

U Rwanda ruherutse kugirana amasezerano n'ibihugu birimo Qatar, Indonesia, Singapore n'ibindi bitandukanye, afasha Abanyarwanda kuba bajya muri ibyo bihugu bakoresheje pasiporo gusa.

U Rwanda kandi rumaze igihe muri gahunda zo kongera umutekano wa pasiporo zarwo, cyane cyane zirushaho kujyanishwa n'ikoranabuhanga, mu rwego rwo kuzongerera umutekano n'ubwizerwe ku rwego mpuzamahanga.

Ku rwego rw'Isi, u Buyapani ni cyo gihugu cya mbere ku Isi mu bifite pasiporo ifite agaciro kurusha ibindi, kuko uyitunze ashobora kujya mu bihugu 193 bitamusabye visa.

Bukurikirwa na Singapore ishoboza uyifite kujya mu bihugu 192, u Budage na Koreya y'Epfo bikaza ku mwanya wa gatatu n'ibihugu 191.

Finland, Luxemburg, Espagne n'u Butaliyani biza ku mwanya wa kane aho ufite pasiporo yabyo ashobora kujya mu bihugu 190, mu gihe Denmark na Autriche biza ku mwanya wa gatanu n'ibihugu 189.

Amerika n'u Bwongereza biza ku mwanya wa 7 n'ibihugu 187, mu gihe u Bushinwa buza ku mwanya wa 68 n'ibihugu 77.

Muri Afurika, Seychelles ni cyo gihugu cya mbere, kikaza ku mwanya wa 27 ku Isi, aho ufite pasiporo yacyo ajya mu bihugu 151 bitamusabye visa, igakurikirwa n'Ibirwa bya Maurice iza ku mwaka wa 30 ku rwego rw'Isi n'ibihugu 146.

Mu Karere ka Afurika y'Iburasirazuba, Kenya niyo iza ku mwanya wa mbere n'ibihugu 72, ikaba iri no ku mwanya wa 72 ku rwego rw'Isi.

Inkuru ya IGIHE



Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubukungu/article/pasiporo-y-u-rwanda-yemerera-uyifite-kwerekeza-mu-bihugu-161-atabanje-gusaba

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)