Ishyano ryacitse umurizo! European Super League yateje impagarara #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Nyuma y'uko amakipe 12 akomeye ku mugabane w'u Burayi yihuje agakora irushanwa ryayo 'European Super League', byateje impagarara aho na Minisitiri w'intebe w'u Bwongereza, Boris Johnson yavuze ko bazakora ibishoboka byose kugira ngo iri rushanwa ritazaba.

Ku mugoroba w'ejo hashize nibwo amakipe 12 arimo 6 yo mu Bwongereza Manchester United, Manchester City, Chlesea, Arsenal, Liverpool na Tottenham Hotspurs, atatu yo mu Butaliyani AC Milan, Juventus na Inter Milan ndetse n'atatu yo muri Espagne ari yo FC Barcelona, Real Madrid na Atletico Madrid zatangaje ko zashinze irushanwa ryayo ndetse bakaba ari abanyamuryango nshingiro.

Iri rushanwa rikaba rigomba kuba rigizwe n'abanyamuryango shingiro 15 aho byari biteganyijwe ko Bayern Munich na Paris Saint Germain zizamo ariko zikaba zitarasubiza. Biteganyijwe ko iri rushanwa rizajya rikinwa n'amakipe 20 ariko 5 akaba azajya aba yatumiwe.

Uyu muryango ukaba uyobowe Florentino Perez usanzwe ari perezida wa Real Madrid.

Ibinyamakuru bitandukanye byo ku mugabane w'u Burayi byabyutse byandika ko amakipe yo mu Butaliyani yamaze no kwikura ku kuba abanyamuryango ba UEFA ndetse hakurikiyeho abo mu Bwongereza aho bivugwa ko n'umuyobozi wungirije wa Manchester United, Ed Woodward yamaze kwegura ku mirimo yari afite mu ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru ku mugabane w'u Burayi (UEFA).

Iki cyemezo ntabwo cyashimishije impuzamashyirahamwe y'umupira w'amaguru ku Isi(FIFA) ndetse n'impuzamashyirahamwe y'umupira w'amaguru ku magabane w'u Burayi(UEFA) aho byafashwe nk'intambara igiye gutangizwa mu mupira w'amaguru.

Mbere gato y'uko aya makipe atangaza ko agiye gushinga irushanwa ryayo, UEFA ibinyujije kuri Website yayo, yatangaje ko bo batazahungabanywa na Super League (izajya ikinwa iminsi imwe na Champions League) ndetse ko ikipe izaryitabira nk'uko FIFA yabitangaje izahita ihagarikwa gukina amarushanwa yose.

Hari aho bagize bati'nk'uko biherutse gutangazwa na FIFA na mashyirahamwe 6(yo ku mugabane w'u Burayi), amakipe azajyamo azahita ahagarikwa gukina irindi rushanwa iryo ari ryo ryose yaba imbere mu gihugu, ku mugabane w'u Buryayi ndetse no ku rwego rw'Isi kandi n'abakinnyi bayo bashobora kwangirwa kongera gukinira ibihugu byabo.'

Nk'uko inkuru y'ikinyamakuru cyo mu Bwongereza cya Daily Mail ibivuga, Minisitiri w'intebe w'u Bwongereza Johnson Boris yasabye aya makipe yo muri iki gihugu yagiye muri Super Legue kubanza gusobanurira abafana bayo mbere y'uko bafungura iri rushanwa yise ko rigiye kwangiza umupira w'amaguru kuko European Super League atari nziza ku bafana.

Yavuze kandi ko azakorana n'abayobozi ba ruhago kugira ngo iri rushanwa ntirizakinwe nk'uko ryateguwe ndetse nibiba ngombwa bazakora ibishoboka byose iri rushanwa ntirizakinwe.

Umuyobozi wa shampiyona y'u Bwongereza, Richard Masters yandikiye amakipe yose uko ari 20 ayamenyesha ko amakipe 6 yagiye muri Super League ashobora guhura n'ingaruka kuko nta burenganzira babiherewe na Premier League nk'uko amategeko abivuga.

Sir Alex Feruson watoje Manchester United akaba ari no mu buyobozi bw'iyi kipe ndetse na Gary Neville wayikiniye bitandukanyije n'iki gitekerezo cya Super League.

Aya makipe bivugwa ko yafashe umwanzuro gushinga iri rushanwa mu rwego rwo gutesha agaciro UEFA Champions League kuko bavuga ko bahabwa amafaranga make atagize icyo abamariye ugerereranyije n'ibyo baba bashoye cyane ko abaherwe bayo ari bo bihishe inyuma y'ishingwa rya Super League.

Super League si igitekerezo gishya kuko mu 1990, ariko ucibwa intege no kwagurwa ku irushanwa rya UEFA Champions League.

Muri Nyakanga 2009, Perezida wa Real Madrid, Florentino Pérez, yavuze ko 'Byaba byiza hashyizweho Super League yajya ikinwa n'amakipe akomeye kuko muri Champions League atari ko bikimeze.'

Abandi bagiye bagaragaza ko umushinga w'iri rushanwa uhari barimo umutoza Arsenal, Arsène Wenger, wavugaga ko rishobora kuzatangira mu myaka 10 uhereye mu 2009, mu gihe Clarence Seedforf na we yarikomojeho ndetse akerekana ko arishyigikiye mu 2012.

Mu 2016, Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru ku mugabane w'u Burayi (UEFA) yize uburyo hashyirwaho irushanwa ryihariye ku makipe 16 akomeye, akagabanywa mu matsinda abiri. Nyuma y'imikino 56, buri kipe yagiye ihura n'indi biri mu itsinda, ayabaye hagati y'iya mbere n'iya kane, akajya muri ¼.

Iki gitekerezo byarangiye gitewe utwatsi na UEFA ubwayo, mu rwego rwo kwirinda ishyirwaho rya Super League, ahubwo yemeza ko havugururwa uburyo UEFA Champions League na Europa League bikinwamo.

Amakipe 12 yamaze gutangaza ko ari muri Super League
erezida wa FIFA, Gianni Infantino (ibumoso) na Perezida wa UEFA, Aleksander Čeferin, amashyirahamwe bayobora yamaganye European Super League



Source : http://isimbi.rw/siporo/article/ishyano-ryacitse-umurizo-european-super-league-yateje-impagarara

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)