Si kenshi ukunze gusanga ibyamamare bikomeye bihurira ku itariki imwe y'amavuko. Ku itariki ya 20 Mata ya buri mwaka, ibyamamare nyarwanda aribyo Shaddyboo, Muzogeye Plaisir ndetse na Papa Cyangwe niho bizihiza amasabukuru y'abo y'amavuko. Hano twabateguriye amafoto y'ibi byamamare ndetse tunabategurira bimwe mu bikorwa bibaranga bikabagira ibyamamare.
1. Shaddyboo
Amazina ye nyakuri ni Mbabazi Chadia akaba yaramamaye cyane ku mbuga nkoranyambaga by'umwihariko ku rubuga rwa instagram aho akoresha amazina ya Shaddyboo__92. Shaddyboo niwe munyarwanda wa mbere ufite umubare munini w'abamukurikira. Akurikirwa n'abasaga ibihumbi 857.
2. Muzogeye Plaisir
Muzogeye Plaisir yamamaye cyane hano mu Rwanda kubera umwuga wo gufotora yatangiye gukora kera. Kuri ubu ni gafotozi ukomeye ndetse abenshi bareberaho nk'ikitegererezo mu mwuga wo gufotora.
3. Papa Cyangwe
Amazina ye nyakuri ni Abijuru King Lewis akaba ari umuhanzi ukora injyana ya Rap akaba kuri ubu abarizwa muri label ya Rocky Entertainment. Papa Cyangwe yabaye icyamamare cyane ubwo yashyiraga hanze indirimbo zitandukanye zirimo zakunzwe na benshi.
Comments
0 comments


