Kuwa Gatandatu tariki ya 13 Werurwe 2021 nibwo uyu mugabo wari utuye mu Mudugudu wa Rwabiyange mu Kagari ka Budahanda mu Murenge wa Musha, mu masaha y’ijoro yashwanye n’umugore we ubwo yatahaga yasinze.
Mu byo bapfaga ngo harimo amakimbirane yo mu muryango, muri iryo joro ngo yahise ashaka kujya kwiyahura abaturanyi baramubuza bagira ngo ari kubikoreshwa n’inzoga, ariko akomeza kubacunga abaca mu rihumye aragenda yinaga muri Muhazi ariyahura.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musha, Muhoza Theogene, yabwiye IGIHE ko kuva ku Cyumweru uyu mugabo bari bamubuze bakagira ngo hari ahantu yagiye, kuri uyu wa Mbere mu gitondo ngo nibwo habonetse umurambo we ureremba mu mazi bahita bamenya ko yiyahuye.
Yagize ati “Yashwanye n’umugore yatinze mu kabari, arangije rero kuko babaga ahantu hegereye ikiyaga cya Muhazi yahise agira umujinya abwira umugore ko amutonganyije amuziza gutinda ariko ko aribwo bwa nyuma agiye kujya amwicuza, ajya kwiyahura bagenzi be baramufata, yabanje kujya hejuru y’ikiraro abahuruye akabatera amabuye.”
Gitifu yakomeje avuga ko ejo ahagana saa Sita aribwo ahegereye ikiyaga hagaragaye imyenda y’uwo mugabo irimo n’ikote, abaturage ngo bahise batangira kuvuga ko ashobora kuba yayisize aho kugira ngo akange umugore ko yiyahuye.”
Ati “ Twahise dukomeza gushakisha kugeza ni mugoroba, mu gitondo rero nibwo twabonye umurambo ureremba hejuru y’amazi tumenya ko yiyahuye.”
Gitifu Muhoza avuga ko intandaro y’uku kwiyahura bishobora kuba byaratewe n’amakimbirane uyu mugabo yajyaga akunda kugirana n’umugore we, akaba yahereyeho asaba abaturage kubana mu mahoro bakirinda intonganya, amakimbirane n’ubusinzi.
Ati “Ikindi turabasaba kudakinisha amazi cyane cyane ikiyaga cya Muhazi kuko ushobora kukijyamo bikarangira upfiriyemo, ubundi twe turinda ku myaro yose kugira ngo hatagira umuntu ugwamo uyu rero yaciye mu murima wegeranye n’ikiyaga.”
Ubwo twandikaga iyi nkuru, umurambo w’uyu mugabo yari agiye gukurwa mu mazi, abaganga n’Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB bakaba bari bamaze kuhagera kugira ngo bamupime hanabeho iperereza kugira ngo hagaragazwe icyamwishe.
Ni ku nshuro ya kabiri umuturage wo mu Murenge wa Musha apfira mu kiyaga cya Muhazi nyuma y’undi mugabo wapfiriyemo mu ntangiriro z’uyu mwaka yajyanye koga n’umuryango we.