Icyayi cy’u Rwanda cyinjije miliyari 1,4 Frw mu cyumweru kimwe -

webrwanda
0

NAEB yavuze ko mu cyumweru gishize, ibiro 529 660 by’icyayi byagurishijwe hanze y’u Rwanda, bikinjiza miliyari 1,4 Frw.

Ibihugu byaguze umusaruro mwinshi w’icyayi cy’u Rwanda birimo Pakistan, Misiri, u Bwongereza, Sudani, Kazakhstan, Afghanistan ndetse n’ibindi bitandukanye.

Igiciro u Rwanda rwagurishijeho icyayi cyagabanutseho 0,36% ugereranyije n’uko byari bimeze mu cyumweru cyari cyabanjirije igishize.

Ku rundi ruhande, umusaruro w’ikawa u Rwanda rwohereje mu mahanga mu cyumweru gishize wageze ku biro 128 754, byinjije amafaranga 488 662$ (arenga miliyoni 485 Frw).

Igiciro cy’ikiro cy’ikawa cyarazamutse, kiva kuri 2,6$ (arenga 2 500 Frw) bigera ku mafaranga 3,7$ (arenga 3 600 Frw), ugereranyije n’uko byari bimeze mu cyumweru cyari cyabanje.

Ibihugu byaguze ikawa y’u Rwanda cyane birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Kenya, Finland, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Sudani y’Epfo na Singapore.

U Rwanda kandi rwohereje indabo zingana n’ibiro 271 329 zifite agaciro ka 889 256$ (arenga miliyoni 883 Frw). Uyu musaruro ni inyongera ya 20.8% ugereranyije n’umusaruro w’indabo wari woherejwe mu mahanga mu cyumweru cyari cyabanje, ndetse n’amafaranga yiyongereyeho 32.9% ugeranyije n’amafaranga yari yinjiye mu cyumweru cyari cyabanje.

Ibihugu byaguze umusaruro mwinshi w’indabo z’u Rwanda birimo Ubuholandi, Vietnam, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Ubwongereza n’ibindi bitandukanye.

Icyayi cy'u Rwanda cyinjije arenga miliyari 1.4 Frw



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)