Aba bantu bafatiwe mu Mujyi wa Kigali, barimo bariya 27 bariho bafata amashusho ya film mu nzu zicumbikirwamo abantu by'igihe gito zizwi nka Guest House iherereye i Kibagabaga mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, naho abandi 10 bari bahinduye akabari mu rugo.
Umuvugizi wa Polisi y'igihugu, CP John Bosco Kabera avuga ko Polisi y'u Rwanda izakomeza gufata abantu nk'aba barenga ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19.
Yagiriye inama urubyiruko rukomeje gufatirwa mu bikorwa nk'ibi, avuga ko uretse kuba bahakura ibyago byo kwanduriramo COVID-19 ariko biriya byaha binahanirwa.
Yagize ati 'Usibye ko ari n'ibyaha bihanirwa, ushobora no kubijyamo ukahandurira covid19, ni yo mpamvu tutazahwema gufata ababijyamo amategeko akabakurikirana.'
Aba bafashwe uko 37 bararekurwa ari uko babanje kwipimisha icyorezo cya COVID-19 baniyishyurire ubundi bacibwe amande y'ibihumbi 25 Frw kuri buri muntu.
CP John Bosco Kabera kandi avuga ko uwateguye ibirori cyangwa nyiri nzu byabereyemo we acibwa amande y'ibihumbi 200 Frw.
UKWEZI.RW