Kuri uyu wa Gatanu, IGIHE yatembereye hamwe mu hari gutangirwa urukingo rwa Covid-19.
Mu isoko rya Nyarugenge ahazwi nka Kigali City Market, kimwe no mu yandi masoko nka Kimironko, Kicukiro Ziniya hakingirirwaga abacuruzi, mu gihe muri Stade Amahoro i Remera ari ho abashoferi bajyaga kwikingiza.
Bamwe mu bacuruzi baganiriye na IGIHE, bavuze ko bishimiye kuba mu bari gukingirwa hakiri kare, kuko ngo akazi bakora gatuma bahura n’abantu benshi kandi ari kimwe mu bibumbatiye ibyago byo kwandura no kwanduza Covid-19.
Umwe mu bakorera ahazwi nka Quartier Commercial hegereye isoko rya Nyarugenge, Ntaganira Valens, yashimiye abateguye gahunda yo gukingira abacuruzi mu byiciro bya mbere.
Ati “Kubera ko abantu benshi bifuza kubona uru rukingo kandi tukaba turi mu bahura n’abantu benshi. Ubu turi mu ba mbere barubonye. Ndashimira ubuyobozi kubera ko budahwema gushakira ibyiza abaturage babwo.”
Kwishimira guhabwa uru rukingo kandi abihuriyeho na Murekatete Hilary ucururiza imyenda y’abageni mu isoko rya Nyarugenge, wavuze ko yifuje gukingirwa mu ba mbere kuko ngo Covid-19 yakunze gukoma mu nkokora ibikorwa bye.
Ku rundi ruhande ariko muri Stade Amahoro i Remera abashoferi batwara abagenzi muri za bus n’abatwara amakamyo ni ho bajyaga kwikingiza Covid-19.
Umushoferi utwara abagenzi muri bus, Nyirimanzi Célestin, yabwiye IGIHE ko gukingirwa Covid-19 ari iby’agaciro gakomeye kuri we kuko ngo hari n’igihe kubahiriza ingamba zisanzwe muri bus binanirana.
Ati “Hari igihe ufata nk’umukecuru ufite intege nke ukamuzamura kandi tuzi ko gukoranaho bibujijwe. Uba ubona nta kundi byagenda. Nitumara gukingirwa tuzakora nta mpungenge, kandi tuzagendera ku mabwiriza azatangwa.”
Abakingiwe kuri uyu wa Gatanu bagabanyinje mu byiciro byihariye birimo abakozi ba leta, abashinzwe isuku ku bigo bitandukanye, abamotari, abakora mu bigo nderabuzima no mu bitaro, abacururiza mu masoko ndetse n’abashoferi babikora kinyamwuga.
