Akarere ka Kayonza kakuwe mu kato k’uburenge nyuma y’amezi asaga abiri -

webrwanda
0

Ibi bibaye nyuma yaho kuwa 6 Mutarama iyi Minisiteri yari yasohoye itangazo rishyira mu kato aka Karere kubera indwara y’uburenge yari yagaragaye mu Mudugudu wa Mucucu mu Kagari ka Buhabwa mu Murenge wa Murundi.

Mu itangaz0 iryasinyweho na Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Mukeshimana Gerardine, rivuga ko ashingiye kuri raporo y’itsinda ryakurikiranye ishyirwa mu bikorwa ry’ingamba zafashwe mu rwego rwo kurwanya indwara y’uburenge mu nka zakorewe mu Mudugudu wa Mucucu aho bigaragara ko hashize iminsi irenga 21 inka ya nyuma yagaragaje ubwandu bw’uburenge muri ako gace ikuwe mu bworozi.

Minisitiri Mukeshimana yamenyesheje “ Abantu bose cyane cyane aborozi bo mu Karere ka Kayonza, Inzego z’uBuyobozi n’iz’Umutekano ko akato k’amatungo n’ibiyakomokaho kari kashyizwe mu Karere ka Kayonza gakuweho, bityo ingendo z’amatungo zirimo inka, ihene, intama n’ingurube n’ibiyakomokaho zikaba zemewe mu Karere ka Kayonza kimwe n’ahandi hose mu gihugu.”

Minisitiri Mukeshimana yaboneyeho kandi gusaba abayobozi b’inzego z’ibanze, abashinzwe umutekano, aborozi n’abandi bose bireba gukomeza kurushaho gutanga umusanzu wabo mu gukumira uburwayi bw’amatungo.

Akarere ka Kayonza ni kamwe mu dukunze kwibasirwa cyane n’indwara y’uburenge aho birangira gashyizwe mu kato akenshi bikanagira ingaruka no ku tundi turere byegeranye.

Abaturage bari bamaze iminsi bavuga ko iki cyemezo cyo kubashyira mu kato gikunze kubagiraho ingaruka zitandukanye zirimo ubukene kuko abenshi usanga batunzwe no gucuruza aya matungo.

Amatungo yo mu karere ka Kayonza yakuwe mu kato k'uburenge



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)