Abasifuzi bakubiswe n'abafana bagirwa intere Imana ikinga akaboko(AMAFOTO+VIDEO) #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Abasifuzi bo muri Ghana baraye bahuye n'uruva gusenya nyuma yo kwibasirwa n'abafana b'ikipe ya Wamanafo Mighty Royals bashinjwa gusifura nabi umukino wabahuje na Tano Bofoakwa.

Mu mafoto n'amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza umusifuzi wo hagati Niatire Suntuo Aziz n'abo ku ruhande 2 bari bamwungirije Suleiman Mohammed na Yakubu Abdul Rahman bakubiswe bameze nabi.

Uyu mukino warangiye ari 0-0, abafana ba Wamanafo Mighty Royals bashinje abasifuzi kwanga igitego byatumye batabona intsinzi.

Igitangaje abafana bakubise aba basifuzi kandi umukino wari wabaye nta mufana wemewe muri Stade nk'amwe mu mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Coronavirus yashyizweho na federasiyo y'umupira w'amaguru muri Ghana.

Aba bafana bari barakaye cyane biraye mu kibuga bakubita ndetse bakomeretsa aba basifuzi, iyi kipe ikaba yahise isohora itangazo yitandukanya n'igikorwa cy'abafana babo.

Yagize iti 'Ubuyobozi bwa Wamanafo Mighty Royals bwamaganye icyo gikorwa kandi ntabwo bwashimishijwe n'ibyakozwe n'abafana.'

'Turimo gukorana na polisi ku iperereza ryose rishoboka kugira ngo abanyabyaha bajyanwe imbere y'Ubutabera.'

'Turasaba imbabazi ikipe twari duhanganye, abasifuzi bagezweho n'ingaruka ndetse n'ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru muri Ghana.'

Ibinyujije mu itangazo yashyize ku rubuga rwayo rwa Website, federasiyo y'umupira w'amaguru muri Ghana(GFA), yahise ihagarika iyi kipe ya Wamanafo Mighty Royals kugeza igihe kitazwi, ni mu gihe iperereza rigikomeje.

Ni uku abasifuzi bagizwe



Source : http://isimbi.rw/siporo/article/abasifuzi-bakubiswe-n-abafana-bagirwa-intere-imana-ikinga-akaboko-amafoto-video

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)