Seif Bamporiki wari igikomerezwa muri RNC ya Kayumba yapfuye -

webrwanda
0

Amakuru avuga ko uyu mugabo yarashwe ahagana saa Moya z’umugoroba zo ku wa 21 Gashyantare mu Mujyi wa Cape Town aho yari asanzwe aba.

Uyu mugabo mu busanzwe yari afite iduka ricuruza ibikoresho byo mu nzu. Ngo yarashwe ubwo yari amaze gusabwa n’umukiliya ko yamugereza igitanda mu gace ka Nyanga.

Seif Bamporiki hamwe n’abo bakorana ngo bapakiye iki gitanda nk’uko umukikiliya yari abibasabye ariko ngo bageze aho iki gitanda cyagombaga kugezwa, uyu mukiliya ava mu modoka ngo afungure iduka rye ariko bahita bamuburira irengero.

Nyuma yo gutegereza uyu mukiliya iminota igera kuri 15, aho kugira ngo abe ariwe uza imodoka Seif Bamporiki yari arimo ngo yasatiriwe n’abagabo babiri bitwaje imbunda baramurasa ahita apfa.

Aba bagabo bitwaje intwaro ngo bahise batwara telefone ye ngendanwa n’ikofi. Kugeza ubu Polisi yo muri Afurika y’Epfo ntiratangaza ko hari umuntu watawe muri yombi akekwaho kuba ariwe wishe Seif Bamporiki.

Uretse kuba Seif Bamporiki yari umuhuzabikorwa wa RNC muri Afurika y’Epfo yari n’umuyobozi w’uyu mutwe muri Cape Town.

Seif Bamporiki wapfuye yari umwe mu bikomerezwa bya RNC



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)