Ruhango: Akurikiranyweho gutema umugore w’inshoreke ye amushinja kumuroga ngo atabasha kuryamana n’abandi -

webrwanda
0

Uwo mugabo kandi akurikiranyweho gutema no gukomeretsa abandi bagabo babiri bari baje gutabara. Asanzwe atuye mu Mudugudu wa Gitwa mu Kagari ka Munini, akaba afite umugore babana banasezeranye byemewe n’amategeko ariko abamuzi bakamushinja ko yari afite inshoreke ku ruhande.

Bamwe mu baturage bo muri uwo mudugudu bavuga ko uwo mugabo yagiye kureba umugore w’inshoreke ye amushinja kumuroga kugira ngo ntajye abasha gutera akabariro ku bandi bagore.

Umwe mu baturage yagize ati “Baraganiriye baza kudahuza noneho uwo mugabo ahita akubita umupanga mu bitugu by’uwo mugore. Ubwo hari abandi bagabo babiri baje gutabara nabo arabatema arabakomeretsa ku mutwe.”
Abo baturage bemeza ko ibyo by’abagore baroga abagabo ngo batabasha gutera akabariro ku bandi bisanzwe bibaho.

Undi ati “Umugore usambana cyane iyo abonye umugabo umuha umutungo mwinshi wo mu rugo rwe hari ukuntu amufatira yagera mu rugo rwe gutera akabariro bikanga, ariko yagaruka kwa wa wundi wamufatiye bikemera. Ariko iyo umugore yagufatiye kugira ngo uzakire ubashe kurarana n’umugore wawe ni uko umwica akavaho.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruhango, Nemeyimana Jean Bosco, yabwiye IGIHE ko uwo mugabo yatawe muri yombi.

Ati “Yamaze gufatwa afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Ruhango. Abo yatemye bose bajyanywe kwa muganga bari kwitabwaho.”

Abaturage basabwe kwirinda amakimbirane n’ibyaha, bagirwa inama yo kujya biyambaza ubuyobozi igihe cyose bagiranye ibibazo kugira ngo bafashwe kubikemura mu bwumvikane.

[email protected]




Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)