Avoka wa Kabuga Félicien yikuye mu rubanza -

webrwanda
0

Kabuga afatwa nk’uwabaye umuterankunga ukomeye wa Jenoside, ashinjwa ko mu Ugushyingo 1993 sosiyete ye yinjije mu gihugu toni 25 z’imihoro ivuye mu Bushinwa, nyuma muri Werurwe 1994 agura indi mihoro ibihumbi 50. Ni intwaro zakoreshejwe mu kwica abatutsi muri Jenoside.

Nyuma y’igihe kinini ashakishwa, muri Gicurasi 2020 nibwo Kabuga yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano z’u Bufaransa. Akurikiranyweho ibyaha birindwi birimo icyaha cya Jenoside, ubufatanyacyaha mu cyaha cya Jenoside, gukangurira abantu gukora Jenoside, ubwinjiracyaha bwa Jenoside n’ibindi bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Kuva yatabwa muri yombi, yunganirwaga mu buryo bw’amategeko n’Umufaransa, Emmanuel Altit gusa Jeune Afrique yatangaje ko uyu mugabo yatangiye kuzuza ibisabwa kugira ngo yikure mu rubanza.

Ntihigeze hatangazwa impamvu Altit yahisemo kwikura muri uru rubanza, gusa ibi bivuze ko Kabuga agomba gushaka abagomba kumwunganira bashya.

Altit yaherukaga kunganira Kabuga mu Ugushyingo 2020, ubwo yagaragaraga bwa mbere mu Rukiko rw’i La Haye ari nacyo gihe aheruka kuburanira.

Emmanuel Altit yamaze kwikura mu rubanza rwa Felcien Kabuga



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)