KIGALI: Ababyeyi bafite impungenge nyinshi ko urubyiruko rubeshya ko rwarajwe muri stade nyamara ataribyo ahubwo baraye bapfumbaswe n'abakunzi babo - YEGOB #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Muri iki gihe U Rwanda ndetse n'isi yose ihanganye no guhashya icyorezo cya COVID-19 hashyizweho ingamba zitandukanye zirimo niy'uko amasaha yo gutaha atagomba kurenza saa mbiri z'ijoro (8:00PM). Kuva izi ngamba zashyirwaho abantu benshi bazirenzeho bajyanwa kuri stade nyamara usanga hari abitwaza ko bajyanywe kuri stade nyamara batagiyeyo ahubwo bagiye gusura abakunzi babo ndetse akaba ari naho barara. Muri aba bantu higanjemo cyane urubyiruko ndetse ibi biri mu biteye impungenge ababyeyi.

Bamwe mu babyeyi baganiriye na IGIHE dukesha iyi nkuru bayitangarije ko bafite impungenge nyinshi z'uko hadahinduwe ingamba zo kuraza abantu abo ari bo bose muri COVID-19 ishobora kuzarangira hari umubare munini w'abana bavutse mu buryo butateguwe n'uw'abandura ibyorezo bitandukanye.

Si urubyiruko gusa kuko kuri ubu hari n'abagabo batwarwa n'agasembuye bikarangira amasaha yo gutaha abafashe bagahitamo kujya kwiraranira n'amahabara bakabeshya abagore babo ko barajwe kuri stade nyamara ataribyo.



Source : https://yegob.rw/kigali-ababyeyi-bafite-impungenge-nyinshi-ko-urubyiruko-rubeshya-ko-rwarajwe-muri-stade-nyamara-ataribyo-ahubwo-baraye-bapfumbaswe-nabakunzi-babo/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)