Iby'ingenzi wamenya ku muherwe wa mbere ku isi wakuriye muri Afurika akaba anaherutse gusohora indirimbo ye - YEGOB #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Yitwa Elon Musk akaba kugeza kuri uyu munsi wa none ariwo mukire wa mbere ku isi. Elon Musk ni kavukire wo ku mugabane wa Afurika dore ko yahavuye afite imyaka 17. Ubutunzi bw'uyu mugabo ahanini bushingiye ku bigo bye bibiri aribyo Tesla na Space X ndetse bivugwa ko afite n'ibindi bigo biciriritse nabyo akuraho agatubutse.

Elon Musk

Kuri ubu Elon Musk aherutse gutangazwa nk'umukire wa mbere ku isi dore ko atunze amafaranga asanga miliyari 188 z'amadolari ya leta zunze ubumwe za Amerika ($188USD). Elon Musk ni intiti akaba n'intyoza mu bijyanye n'isanzure dore ko ikigo cye Space X gikora ibiraka byo kohereza ibyogajuru mu isanzure ibi bikaba biri no mu bituma atumbagira hejuru cyane mu butunzi agahigika abandi baherwe nka Jeff Bezos, Bill Gates n'abandi. Elon Musk wikundira gutebya cyane yatunguwe ubwo mu cyumweru gishize yatangajwe ko ariwe muherwe wa mbere uyoboye abandi kuri iyi si ya Nyagasani.

Ibi nibyo Elon Musk yatangaje bakimubwira ko ariwe muherwe wa mbere ku isi

Mu 2020, Elon Musk yakoze indirimbo benshi baratungurwa, ni indirimbo yise 'Don't doubt  ur vibe', gusa icyo gihe yatangaje ko gukora indirimbo nta gashya karimo kuko ubusanzwe akunda kuvanga imiziki kandi ko no kuririmba yabishobora.



Source : https://yegob.rw/ibyingenzi-wamenya-ku-muherwe-wa-mbere-ku-isi-wakuriye-muri-afurika-akaba-anaherutse-gusohora-indirimbo-ye/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)