Amavubi ari muri Cameroon yagejejweho ubutumwa bwa Perezida Kagame #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Minisitiri Munyangaju yahaye Amavubi ubutumwa bwa Perezida Kagame mbere y'uko iyi kipe y'Igihugu ihura na Maroc mu mukino uba ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu.

Ni mu kiganiro Aurore Mimosa Munyangaju yagiranye n'abakinnyi ndetse n'abatoza n'abayobozi b'Amavubi hifashishijwe Ikoranabuhanga ry'iya kure.

Minisiteri ya Siporo yatangaje iby'iki kiganiro Minisitiri Munyangaju yagiranye n'Amavubi, yagize iti 'Minisitiri Aurore Mimosa amaze kugirana ikiganiro na Amavubi ayigezaho ubutumwa bwa Nyakubahwa Perezida wa Repubulika abifuriza intsinzi ku rugamba bariho baharanira ishema ry'Abanyarwanda. Yabifurije intsinzi mu mukino wa none.'

Minisitiri Munyangaju na we yavuze ko abasore b'ikipe y'Igihugu biteguye neza uyu mukino bagiye guhuramo n'ikipe ya Maroc.

Yagize ati 'Bishimiye ubutumwa bwa Nyakubahwa President wa Repubulika Paul Kagame yaboherereje n'inama nziza yabagiriye biteguye kuzikurikiza.'

Ikipe y'Igihugu igiye guhura na Maroc mu mukino wa kabiri ifite inota rimwe yakuye mu mukino wa mbere yakinnye n'iya Uganda ukarangira banganya 0-0.

UKWEZI.RW



Source : http://www.ukwezi.rw/Imikino/article/Amavubi-ari-muri-Cameroon-yagejejweho-ubutumwa-bwa-Perezida-Kagame

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)