Myugariro w'umunyarwanda ukina ku ruhande rw'iburyo yugarira, Rusheshangoga Michel wakiniraga AS Kigali yasezeye kuri bagenzi be aho yavuze ko ruhago ayiharitse agiye gutangira ubuzima bushya.
Uyu mukinnyi w'imyaka 26 akaba agiye murl Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho agiye gutangira ubuzima bushya n'umugore we Nakuzungu Aime(aba muri Amerika) bashakanye muri Nyakanga 2019.
Nyuma y'imyitozo yabaye ku munsi w'ejo hashize ku Cyumweru, nibwo uyu mukinnyi yasezeye bagenzi be ababwira ko ahagaritse gukina abifuriza ibihe byiza.
Umwe mu bakinanaga n'uyu mukinnyi yabwiye ISIMBI ko ari byo ndetse yamaze no kuva mu mwiherero arimo yitegura kugenda.
Ati"nibyo yaradusezeye. Gukina yabihagaritse burundu agiye muri Amerika kuba hafi y'umuryango we, yamaze kugenda ntabwo akiri mu mwiherero."
Asezra kuri bagenzi be, Michel yavuze ko na we atishimye gutandukana nabo kuko wari umuryango mwiza.
Ati"benshi mwagiye mubyumva ariko ukuri ni uko ngiye kuva aha. Ntabwo dushobora gukomezanya kubera impamvu z'ubundi buzima. Ntabwo nishimye. Mwanyakirye neza, mumbanira neza, kuva nava muri APR FC nisanze mu muryango mwiza. Ndabashimira cyane."
Rushehsangoga Michel yakuriye mu ishuri ryigisha umupira rya FERWAFA, yari mu ikipe y'igihugu y'abatarengeje imyaka 17 yakinnye igikombe cy'Isi cya 2011 muri Mexique.
Nyuma yahise ajya mu Isonga yavuyemo muri 2012 ahita yerekeza muri APR FC yakiniye kugeza 2017 aho yatwaranye nayo ibikombe bitandukanye.
2017 yahise yerekeza muri Tanzania mu ikipe ya Singida United ayikinira umwaka umwe muri 2018 agaruka muri APR FC yasinyiye imyaka 2 ariko ayikinira umwe ari nabwo yahise yerekeza muri AS Kigali mu mpeshyi ya 2019.