Inyubako yahoze ituyemo Michael Jackson yaguzwe akayabo - IGIHE.com #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ni inyubako yubatse kuri hegitari 1100, yaguzwe na Ron Burkle wahoze ari inshuti ya Michael Jackson. Agaciro k’iyi nzu kagabanutseho inshuro enye ugereranyije n’ako yabarirwaho mu 2015, aho yari ihagaze miliyoni 100$.

Neverland ni inyubako iherereye mu Majyaruguru y’Umujyi wa Santa Barbara muri California. Yageze ku isoko bwa mbere mu 2015 ariko iza kuvanwaho, yongera gusubizwaho umwaka ushize ku gaciro ka miliyoni 31$.

Micheal Jackson yaguze uyu muturirwa kuri miliyoni 19.5$ mu 1987, abanza kuwuturamo ariko nyuma aza kuwuhindura ahantu abantu bajya bishimishiriza. Uyu mugabo yashyizemo inyamaswa zitandukanye n’ubisitani kimwe n’ahantu abana bashobora kujya bakishimishiriza.

Uyu munezero ariko waje kuzamo agatotsi kuko ahagana mu 1999 na 2000, Michael Jackson yaje gutangira gukurikiranwa n’inzego z’iperereza, ashinjwa ibyaha birimo gufata abana bato ku ngufu, ibirego yaje guhanagurwaho n’urukiko muri 2005.

Nyuma y’ibi birego byose, Jackson yafashe icyemezo cyo kuva muri Neverland, yimukira mu yindi nyubako ye iherereye i Los Angeles, ari na ho yaje kugwa mu 2009.

Ron Burkle waguze uyu muturirwa, ni umuherwe w’imyaka 68 ufite umutungo ungana miliyari 1,4$.

Uyu muturirwa ni wo Michael Jackson yahoze atuyemo
Ni uku Michael Jackson yasaga mu minsi ye ya nyuma, aho bivugwa ko yakoreshaga ibiyobyabwenge bihambaye kugira ngo abasha gusinzira. Yapfuye ku myaka ku 50



source https://igihe.com/amakuru/mu-mahanga/article/umuturirwa-wahoze-utuyemo-michael-kackson-waguzwe-akayabo
Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)