Burera : Abantu babatu barimo impanga bagwiriwe n'ikirombe umwe ahita apfa #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ibi byabaye ku Cyumweru tariki 27 Ukuboza 2020, aho uko ari batatu bazindukiye muri iki kirombe gucukura umucanga rwihishwa, kikariduka uwitwa Nzirorera Samuel w'imyaka 30 agahita apfa.

Umuyobozi w'Akarere ka Burera, Uwanyirigira Marie Chantal, yavuze ko aba bagabo bacukuraga umucanga ahantu bari bamaze iminsi bihangiye kuko hatari hasanzwe hacukurwa.

Yavuze ko aho hantu ari aho bari bihangiye mu murima bivugwa ko wari uw'umwe muri bo kuko nibwo bari bagitangira kuhacukura, baza kugira ibyago ikirombe kirabagwira umwe ahita apfa abandi barakomereka

Kugeza ubu umurambo wa nyakwigendera wahise woherezwa ku Bitaro bya Butaro kugira ngo ukorerwe isuzuma, mu gihe abakomeretse bajyanywe ku Kigo Nderabuzima cya Rusasa kugira ngo bitabweho n'abaganga.



Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/2/article/Burera-Abantu-babatu-barimo-impanga-bagwiriwe-n-ikirombe-umwe-ahita-apfa

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)